Intambara ikomeje gukaza umurego mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryagabweho ibitero bikomeye n’ingabo zishyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa mu bice bitandukanye bya Teritwari ya Masisi.
Ni mu gihe kandi iri huriro ryemeza ko ihuriro P5 riyobowe mu rwego rwa gisirikare na Faustin Kayumba Nyamwasa ryamaze kwinjira mu rugamba rwo muri Komini Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
AFC/M23 ivuga ko kuva ku wa 26 kugeza ku wa 27 Kamena 2026, ingabo za Leta ya Congo zagabye ibitero ku mirongo yayo y’urugamba mu bice bitandukanye bya Masisi, birimo Luki, Gasenyi, Nyakigano, Chayi na Gasake.
Uyu mutwe uvuga ko muri ibyo bitero habaye imirwano ikomeye ndetse ko bamwe mu barwanyi ba Wazalendo batwitse ibirindiro byayo byari muri ako karere.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ibyo bitero byari bigamije guhungabanya imyanya uyu mutwe ugenzura muri Masisi. Yavuze kandi ko hari hakoreshejwe indege zitagira abapilote zizwi nka drones, ndetse ko abaturage basanzwe ari bo bahuye n’ingaruka zikomeye z’iyo mirwano.
AFC/M23 ivuga ko bamwe mu baturage bishwe, abandi bagakomereka, mu gihe hari n’abavuye mu byabo kubera umutekano muke wakurikiye iyo mirwano. Uyu mutwe ushinja kandi ingabo za Leta ya Congo n’abafatanyabikorwa bazo gusenya no gusahura imitungo y’abaturage mu bice bya Bibwe, Nyabikeri, Longa na Rwankeri ku wa 26 Kamena.
Nubwo AFC/M23 yashyize hanze ibyo birego, kugeza ubu nta tangazo ryihariye ryari ryasohowe n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, risubiza cyangwa risobanura ibyatangajwe n’uyu mutwe ku byabereye muri Masisi.
Iyi mirwano yongeye kubura mu gihe amakuru mashya agaragaza impinduka zikomeye mu ihuriro ry’amatsinda yitwaje intwaro akorera mu burasirazuba bwa Congo. Ku wa 25 Kamena 2026, AFC/M23 yatangaje ko ihuriro P5 riyobowe na Faustin Kayumba Nyamwasa ryamaze kwifatanya n’abarwanya uyu mutwe mu rugamba rwo muri Minembwe.
Lawrence Kanyuka yagize ati: “Leta ya Kinshasa ikomeje kwagura ihuriro rya gisirikare ryayo. Kinshasa yongereye abarwanyi b’umutwe wa P5 uyobowe na Kayumba Nyamwasa kuri FARDC, FDLR, Wazalendo, abacanshuro b’abanyamahanga n’ingabo z’u Burundi (FDNB).”
AFC/M23 ivuga ko P5 iri gukorana n’andi matsinda n’ingabo zifatanya na Leta ya Congo mu bikorwa bya gisirikare biri kubera muri Kivu y’Amajyepfo. Nk’uko uyu mutwe ubivuga, ku gicamunsi cyo ku wa 25 Kamena habaye igitero cyagabwe ku bitaro bikuru bya Minembwe, kikaba cyari ubwa kabiri kibaye mu gihe kitarenze amasaha 24.
Uyu mutwe watangaje ko icyo gitero cyahitanye abasivili benshi kandi ko cyangije ibikorwa remezo n’ibindi bikoresho by’abaturage. AFC/M23 yavuze ko izakomeza guhangana n’ibyo yise ibikorwa byo gutera ubwoba abaturage no kubirukana mu byabo.
Mu itangazo ryayo, uyu mutwe watangaje ko uzakomeza kurwanirira abaturage bo muri Minembwe n’abatuye mu bice bihana imbibi na yo, ugamije kubarinda ibyo uvuga ko ari ibikorwa byo kubatsemba no kubamenesha.
P5 ni ihuriro ryubakiye ku mashyaka n’imitwe itandukanye irwanya Leta y’u Rwanda, harimo RNC, FDU-Inkingi, PDP-Imanzi na RUD-Urunana. Mu myaka yashize ryigeze gukorera ibikorwa byaryo mu burasirazuba bwa Congo mbere yo gucika intege nyuma y’ifatwa rya bamwe mu bayobozi baryo.
Mu 2019, Maj (Rtd) Habib Mudathiru wari ushinzwe ibikorwa bya gisirikare bya P5 yafatiwe muri Congo aza koherezwa mu Rwanda. Nyuma y’ibyo, ibikorwa by’iri huriro byagabanyutse cyane, bituma benshi bakeka ko ryari ryarazimye burundu.
Icyakora, mu mwaka ushize hongeye kugaragara ibimenyetso by’uko P5 iri kwisuganya. Mu Ugushyingo 2025, Visi Perezida wa MDRP-Twirwaneho ushinzwe politiki, imiyoborere na dipolomasi, Alexis Mugisha Nkurunziza, yatangaje ko bamwe mu barwanyi ba P5 bari basubiye muri Kivu y’Amajyepfo bagamije gukorana na Leta ya Congo.
Nkurunziza yavuze ko abo barwanyi bari barafashijwe kugera muri Congo banyuze mu Burundi kandi ko bamwe muri bo bari bambaye impuzankano y’ingabo z’u Burundi.
Yagize ati: “Amakuru ava mu nzego zizewe kandi ziyakurikirana umunsi ku wundi avuga ko ingabo za P5 atari nyinshi cyane ariko zitari nke zo kugira nabi. Ziri mu misozi miremire ariko zambaye impuzankano y’Abarundi, izindi zikaba zitorezwa i Burundi.”
Amakuru akomeje gutangwa n’impande zitandukanye agaragaza ko intambara yo mu burasirazuba bwa Congo ikomeje gufata indi ntera, aho imitwe myinshi yitwaje intwaro n’ingabo z’ibihugu bitandukanye zikomeje kuvugwa muri uru rugamba.
Mu gihe impande zihanganye zikomeza gushinjanya ibikorwa byo guhungabanya umutekano no kwibasira abasivili, abaturage bo muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo bakomeje kuba abagizweho ingaruka zikomeye n’iyi ntambara imaze imyaka myinshi ihungabanya ubuzima bwabo.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp

