Imirwano Ikaze i Masisi: FARDC na Wazalendo bafashe umujyi wagenzurwaga na AFC/M23 yahise isubira inyuma, intambara yerekeza Rubaya

Imirwano ikomeje gufata indi ntera mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho amakimbirane hagati y’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zifatanyije n’inyeshyamba za Wazalendo, n’abarwanyi b’Ihuriro rya AFC/M23, akomeje guteza umutekano muke n’ihunga rikomeye ry’abaturage muri Teritwari ya Masisi.

Mu gitondo cyo ku wa Kane tariki ya 21 Gicurasi 2026, umujyi muto wa Kinigi, uherereye mu Murenge wa Katoy muri Teritwari ya Masisi, wafashwe na FARDC ifatanyije na Wazalendo nyuma y’imirwano ikaze yabahuje n’abarwanyi ba AFC/M23.

Nk’uko amakuru aturuka mu gisirikare kiri muri ako gace yagejeje kuri ACTUALITE.CD abitangaza, ngo imirwano yatangiye ku mugoroba wo ku wa Gatatu, ubwo ingabo za leta n’abarwanyi ba Wazalendo bari muri Katoy bagabaga igitero gikomeye ku birindiro bya AFC/M23 biri muri Kinigi.

Aya makuru avuga ko imirwano yamaze amasaha menshi, hakoreshejwe intwaro nto n’iziremereye, mbere y’uko FARDC na Wazalendo batangaza ko bigaruriye uwo mujyi.

Nubwo kugeza ubu umubare nyawo w’abaguye muri iyi mirwano utaramenyekana, amakuru ava muri ako karere avuga ko impande zombi zahuye n’igihombo gikomeye mu mirwano yabereye muri ako gace k’imisozi.

Nyuma yo kuva muri Kinigi, amakuru aturuka mu baturage ndetse n’andi masoko yo muri Masisi avuga ko abarwanyi ba AFC/M23 basubiye inyuma berekeza mu gace ka Rubaya, kamaze igihe gafatwa nk’agace gafite akamaro gakomeye haba mu rwego rwa gisirikare no mu by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Icyakora, nyuma y’umunsi umwe gusa Kinigi ifashwe, imirwano yongeye kubura kuri uyu wa Gatanu tariki ya 22 Gicurasi 2026, aho FARDC na Wazalendo bongeye guhangana bikomeye na AFC/M23 mu bice bitandukanye bya Masisi.

Amakuru aturuka muri ako gace agera kuri Kivu Morning Post avuga ko imirwano iri kubera muri Chugi ndetse no kuri axe ya Kinigi, cyane cyane ku misozi ireba Kinigi na Kavuta muri Gurupoma ya Kibabi, ahari nko mu birometero 30 uvuye Rubaya.

Indi mirwano ikomeye kandi iravugwa kuri axe ya Gashovu-Mahiga-Nzingati-Mayuwano, aho abaturage bavuga ko urusaku rw’amasasu n’intwaro ziremereye rwumvikanye kuva mu gitondo cya kare, ibintu byateye ubwoba bukomeye mu baturage.

Abaturage bo muri utu duce bavuga ko bamaze iminsi bahunga ubutitsa, bamwe bajya mu misozi abandi berekeza mu bice bakeka ko bifite umutekano, nubwo benshi bavuga ko babayeho nabi badafite ibiribwa, amazi meza cyangwa ubuvuzi.

Imiryango ibihumbi n’ibihumbi yakomeje kwimurwa n’iyi mirwano mishya, ibintu bikomeje guteza ikibazo cy’ubutabazi muri aka karere kamaze imyaka myinshi karazahajwe n’intambara n’umutekano muke.

Abasesenguzi bavuga ko kuba imirwano ikomeje gusatira Rubaya bishobora kugira ingaruka zikomeye ku mutekano w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, cyane cyane kubera uruhare aka gace gafite mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro ndetse n’ikorwa ry’imihanda ihuza ibice byinshi bya Masisi.

Mu gihe nta ruhande ruratangaza ko rwahagaritse ibikorwa bya gisirikare, abaturage bakomeje gusaba ko haboneka inzira y’ibiganiro n’amahoro kugira ngo ubuzima bwabo budakomeza kuzahazwa n’intambara zikomeje kubasenyera no kubatandukanya n’ingo zabo.

Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.  

Kanda hano udukurikirane kuri FacebookHano udukurikirane kuri WhatsApp 

Maak 'n opvolg-bydrae

Jou e-posadres sal nie gepubliseer word nie. Verpligte velde word met * aangedui