Zari Hassan na Shakib batandukanye burundu: Iherezo ry’urukundo rwari rumaze imyaka itanu ruvugisha Afurika y’Iburasirazuba

Inkuru zari zimaze igihe zicicikana ku mbuga nkoranyambaga zivuga ko urugo rwa Zari Hassan n’umugabo we Shakib Cham Lutaaya ruri mu bibazo, zaje gufata indi ntera nyuma y’aho aba bombi batangarije ku mugaragaro ko batandukanye, basoje urugendo rw’urukundo rwari rumaze imyaka itanu rukurikirwa n’ibihumbi by’abakunzi babo hirya no hino muri Afurika.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, Zari Hassan uzwi cyane nka “The Boss Lady” n’umugabo we Shakib Cham Lutaaya batangaje ko bamaze gufata umwanzuro wo gutandukana nyuma y’igihe kirekire batekereza ku hazaza h’umubano wabo.

Aya makuru bayatangarije ku rubuga rwa Instagram binyuze mu butumwa bahuriyemo bombi, bugaragaza ko bahisemo gusoza ubuzima bwabo bw’urushako mu mahoro no mu bwumvikane.

Mu butumwa bwabo, aba bombi bavuze ko impamvu nyamukuru yabateye gutandukana ari ibyo bise ubwumvikane buke bwageze aho budashobora kongera gukemuka.

Bagize bati: “Nyuma y’imyaka itanu, tumaze kubitekerezaho bihagije, twasanze ari byiza ko buri wese aca inzira ye kubera ubwumvikane buke butagishobora gukemuka. Nubwo atari umwanzuro woroshye, twumva ari wo ukwiye kuri twembi.”

Aya magambo yahise akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, aho abakunzi babo benshi bagaragaje agahinda batewe n’iherezo ry’uyu mubano wari warabaye kimwe mu biganiro bikomeye mu myidagaduro yo muri Afurika y’Iburasirazuba.

Nubwo batangaje ko batandukanye, Zari na Shakib bashimangiye ko nta rwango cyangwa inzika bibarimo. Bavuze ko uwo mwanzuro bawufashe nk’abantu bakuze bumva ko ubuzima bwabajyanye mu nzira zitandukanye.

Mu butumwa bwabo bakomeje bati: “Nta burakari cyangwa inzika bihari. Rimwe na rimwe abantu babiri bahitamo inzira zitandukanye. Turacyahana agaciro kandi tuzakomeza kuba inshuti mu bwubahane no mu bwumvikane.”

Ibi byatumye benshi babifata nk’itandukana ryabaye mu mahoro ugereranyije n’abandi batandukana bakunze kurangwa no guterana amagambo cyangwa gushinjanya hagati yabo.

Urukundo rwa Zari na Shakib rwatangiye kuvugwa cyane nyuma y’uko Zari yari amaze gutandukana n’uwari umukunzi we GK Choppa. Icyo gihe benshi bibazaga niba uyu mubano mushya uzaramba cyangwa niba nawo uzahura n’ibibazo nk’ibyaranze bamwe mu bahoze bakundana na Zari.

Nyuma yo gutangira kugaragara bari kumwe ahantu hatandukanye, urukundo rwabo rwakomeje gukura ndetse rwigarurira imitima ya benshi. Shakib yakunze kugaragara ashyigikira Zari mu bikorwa bye bitandukanye by’ubucuruzi n’imyidagaduro, ibintu byatumye benshi babafata nk’umwe mu miryango yari ihagaze neza mu rwego rw’ibyamamare.

Muri Mata 2023 ni bwo aba bombi bateye indi ntambwe ikomeye mu mubano wabo, basezerana mu muhango w’idini ya Islam uzwi nka Nikah wabereye mu mujyi wa Pretoria muri Afurika y’Epfo.

Nyuma y’amezi make, ku wa 3 Ukwakira 2023, bakoze ubukwe bwitabiriwe n’inshuti zabo za hafi ndetse n’abagize imiryango yabo, ibintu byashimishije cyane abakurikiranaga amateka y’urukundo rwabo.

Icyakora nubwo ubukwe bwabo bwagaragaraga nk’uburimo ibyishimo byinshi, ntabwo byabuze ko hagiye havugwa ibibazo bitandukanye byajyaga bivugwa muri uru rugo.

Kimwe mu byakunze kuvugwa cyane ni umubano wa Zari n’uwahoze ari umukunzi we Diamond Platnumz, bafitanye abana babiri. Nubwo bombi batandukanye kera, Diamond yakomeje kugira uruhare mu buzima bw’abana be, ibintu byakundaga gutuma amazina yabo agaruka mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.

Mu mwaka wa 2024, havutse impaka zikomeye nyuma y’amashusho yagaragaye yerekana Zari ari kumwe na Diamond Platnumz mu bikorwa byo gufata amashusho ya filimi mbarankuru yitwa Young, Famous & African.

Ayo mashusho yateje impaka nyinshi, bamwe bavuga ko ashobora kuba yaragize ingaruka ku mubano wa Zari na Shakib. Nyuma yayo, aba bombi bagaragaye baterana amagambo mu ruhame, ibintu byatumye benshi bongera gukeka ko urugo rwabo rwari rwatangiye kunyeganyega.

Nubwo ibyo byose byavugwaga, Zari yakunze guhakana amakuru yavugaga ko yatandukanye na Shakib. Mu bihe bitandukanye yagiye asaba abantu kutizera buri kintu cyose babona cyangwa basoma ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza ko hari itandukaniro rinini hagati y’ibivugwa n’ukuri kw’ibibera mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Gusa uko imyaka yagendaga ishira, ibihuha byakomezaga kwiyongera, cyane cyane igihe aba bombi batangiraga kutagaragara hamwe nk’uko byari bisanzwe. Abasesenguzi b’imyidagaduro bakunze kuvuga ko hari ibimenyetso byerekana ko umubano wabo utari ugifite imbaraga nk’izo wari ufite mu ntangiriro.

Ibyo byaje kwemezwa n’itangazo ryabo rya nyuma, ryashyize iherezo ku gukeka no ku makuru atandukanye yari amaze igihe acicikana.

Kugeza ubu, yaba Zari Hassan cyangwa Shakib Cham Lutaaya ntibaratangaza mu buryo burambuye icyateye aya makimbirane bavuga ko atagishobora gukemuka. Icyakora, amagambo bakoresheje agaragaza ko uyu mwanzuro bawufashe nyuma yo kuwutekerezaho igihe kirekire kandi bemeranya ko buri wese akomeza inzira ye.

Itandukana ryabo risoje igice gikomeye mu buzima bw’aba bombi, ndetse rinashyira akadomo ku rukundo rwari rumaze imyaka itanu rukurikiranwa cyane n’abakunzi b’imyidagaduro muri Afurika y’Iburasirazuba no hanze yayo.

Nubwo urushako rwabo rurangiye, amagambo yabo agaragaza ko bahisemo gutandukana mu bwubahane, bakagumana ubucuti n’agaciro buri umwe yahaga undi mu myaka yose bamaze bari kumwe.

Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.  

Kanda hano udukurikirane kuri FacebookHano udukurikirane kuri WhatsApp 

Maak 'n opvolg-bydrae

Jou e-posadres sal nie gepubliseer word nie. Verpligte velde word met * aangedui