Manchester United ikomeje kwihutisha ibikorwa byo kubaka ikipe izakina shampiyona y’umwaka utaha, aho umutoza Michael Carrick akomeje kongera imbaraga mu ikipe binyuze mu kugura akinnyi bafite ubushobozi bwo kuzamura urwego rw’ikipe.
Nyuma yo kongeramo amazina akomeye hagati mu kibuga ndetse no mu izamu, ubu amaso yerekejwe ku mukinnyi wa Bournemouth, Alex Scott, nubwo Chelsea na yo iri gukomeza kumwifuza.
Ni isoko ry’igura n’igurisha rikomeje kugaragaza ko United ishaka kubaka ikipe ihatana ku rwego rwo hejuru, aho buri cyemezo gifatwa kigamije gukomeza umusaruro mwiza ikipe yagaragaje mu mpera za shampiyona ishize.
Michael Carrick amaze gusinyisha abakinnyi batanu muri iri soko ry’impeshyi, ibintu bigaragaza umuvuduko uri gukoreshwa mu kubaka ikipe.
Abamaze kugera muri Manchester United barimo Andrey Santos, Youri Tielemans, Karl Darlow, Tynan Thompson ndetse n’umunyezamu ukiri muto Kit Margetson, wavuye muri Swansea City nyuma yo kurangiza amasezerano ye.
Manchester United yatangaje ko yumvikanye na Kit Margetson, nubwo hagitegerejwe kurangiza ibijyanye no kwandikisha umukinnyi.
Mu itangazo ryayo, iyi kipe yagize iti: “Manchester United yemeye kugura umuzamu ukiri muto kandi utanga icyizere witwa Kit Margetson, ikaba itegereje ko yandikwa ku mugaragaro. Uyu musore w’imyaka 20 wakiniraga ikipe ya Swansea City, akaba yari ayimazemo igihe kuva agikina mu batarengeje imyaka 15.”
Iri tangazo rikomeza risobanura ko uyu munyezamu yabonye ubunararibonye mu mupira w’amaguru w’abakuru ubwo yari yatijwe muri Connah’s Quay Nomads.
Mu mwaka ushize, Margetson yakinnye imikino 34, abasha gukuramo imipira amara imikino 10 atinjijwe igitego, anafasha ikipe ye kubona itike yo gukina amarushanwa y’i Burayi.
Manchester United yongeyeho iti: “Mu mwaka ushize w’imikino, yakinnye bwa mbere mu mupira w’amaguru w’ababigize umwuga ubwo yari intizanyo mu ikipe ya Connah’s Quay Nomads, maze abasha kurinda izamu rye ntiyatsindwa igitego mu mikino 10 (clean sheets) mu nshuro 34 yakandagiye mu kibuga, ibyo bikaba byarafashije iyi kipe yo muri Wales kubona itike yo gukina imikino yo mu Burayi.”
Yakomeje iti: “Margetson kandi yahamagawe mu makipe y’igihugu y’abato ya Wales, ndetse yakinnye umukino we wa mbere mu ikipe y’abatarengeje imyaka 21 bahura na Belarus muri Werurwe. Buri wese muri United arifuza guha ikaze Kit muri iyi kipe kandi akamwifuriza amahirwe masa mu gihe kizaza..”
Uyu munyezamu yabaye uwa kabiri ugeze muri United muri iri soko nyuma ya Karl Darlow.
Mu gihe Margetson na Darlow bageze i Old Trafford, hari n’abashobora gusohoka. Andre Onana yamaze gusubira muri Trabzonspor nk’intizanyo, naho Radek Vitek na Altay Bayindir na bo bivugwa ko bashobora kuva muri iyi kipe mbere y’uko isoko rifunga imiryango.
Ibi bigaragaza ko Manchester United ikomeje kuvugurura urwego rw’abanyezamu kugira ngo ihuze abafite ubunararibonye n’abakiri bato bafite ejo hazaza heza.
Hagati mu kibuga ni hamwe mu hakomeje kwitabwaho cyane na Carrick. Nyuma yo kugenda kwa Casemiro warangije amasezerano ye ndetse n’imvune ya Manuel Ugarte wavunikiye mu Gikombe cy’Isi, United yashyize imbere gushaka abandi bakinnyi bo hagati.
Alex Scott wa Bournemouth ari mu bakinnyi bakomeje kuvugwaho cyane nyuma y’umusaruro yatanze mu mwaka ushize.
Uyu mukinnyi w’imyaka 22 yakinnye imikino 37 ya shampiyona, afasha Bournemouth kubona itike yo gukina amarushanwa y’i Burayi ku nshuro ya mbere mu mateka yayo.
Nubwo Manchester United ikomeje kumwifuza, Chelsea na yo ntiyaretse uyu mukinnyi.
Amakuru avuga ko Chelsea iri gutekereza gutanga ubusabe bwa kabiri nyuma y’aho ubwa mbere bwa miliyoni £64 bwanzwe na Bournemouth.
Ikipe ya Bournemouth yakomeje gushimangira ko Scott atagurishwa, nubwo uyu mukinnyi yanze kongera amasezerano mashya, ibintu byatumye amakipe amwifuza akomeza kugira icyizere.
Nubwo Alex Scott akomeje kuba umwe mu bakinnyi bashakishwa cyane, ntabwo ari we wenyine uri ku rutonde rw’abo Manchester United yifuza.
Iyi kipe ikomeje no gukurikiranira hafi Manu Kone wa Roma, Aurelien Tchouameni wa Real Madrid ndetse na Carlos Baleba wa Brighton, mu gihe ishaka kubona umukinnyi ubura mu bakina hagati mu kibuga.
Ibyemezo biri gufatwa na Michael Carrick bigaragaza gahunda yo kubaka ikipe ifite uburinganire hagati y’abakinnyi bafite uburambe n’abakiri bato bafite impano.
Mu gihe Alex Scott akomeje gukurura amakipe akomeye arimo Manchester United na Chelsea, abafana ba United bazakomeza gukurikirana niba uyu mukinnyi azahitamo kwerekeza Old Trafford cyangwa niba ikipe izafata andi mahitamo ari ku rutonde rw’abo yifuza.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp


