Nyuma yo kubura Vinicius Jr, Arsenal isanze Manchester United mu rugamba rwo gusinyisha rutahizamu udasanzwe I Burayi?

Isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rikomeje gufata indi ntera, aho Arsenal isa n’iyongereye amahirwe yo gusinyisha rutahizamu wa Inter Milan, Pio Esposito, nyuma y’uko gahunda yayo yo kuzana Vinicius Junior iburijwemo n’amasezerano mashya uyu Munya-Brésil yagiranye na Real Madrid.

Nubwo Arsenal isa n’iyoboye iri siganwa, amakuru ava mu bashinzwe gukurikirana isoko ry’abakinnyi agaragaza ko Manchester United na yo ikomeje gukurikiranira hafi uyu rutahizamu w’Umutaliyani w’imyaka 21, ibintu bishobora guteza indi ntambara ikomeye hagati y’aya makipe yombi yo mu Bwongereza.

Amakuru agaragaza ko abashinzwe gushakisha abakinnyi ku mpande zombi bari bahari ubwo Inter Milan yakinaga umukino wa gicuti na AC Milan wabereye i Perth muri Australia, bagamije kureba ubushobozi bwa Esposito imbere y’ikipe ikomeye.

Uyu rutahizamu ufite uburebure bwa metero zirenga 1.90 yitwaye neza muri uwo mukino, bituma raporo nziza zoherezwa ku batoza Mikel Arteta na Michael Carrick nyuma y’uko yerekanye ko ashobora kwitwara neza no mu mikino ifite igitutu.

Amakuru aturuka mu bantu begereye Arsenal avuga ko Pio Esposito amaze amezi menshi akurikiranwa n’abatoza b’iyi kipe.

Mikel Arteta ashaka kongera amahitamo mu busatirizi kugira ngo atazashingira gusa kuri Viktor Gyokeres na Kai Havertz mu marushanwa menshi ategereje Arsenal muri uyu mwaka w’imikino.

Hari kandi amahirwe menshi ko Gabriel Jesus ashobora kuva i Emirates Stadium, dore ko amakipe arimo AC Milan n’andi yo mu Butaliyani akomeje kumugaragariza inyota.

Ibi byatumye Arsenal itangira gushaka undi rutahizamu ushobora kuziba icyo cyuho bihabwa umwanya wa mbere.

Abegereye Arteta bavuga ko uyu mutoza wa Arsenal ashaka rutahizamu ufite imbaraga z’umubiri, ushobora kurwana na ba myugariro bo muri Premier League kandi akagira ubushake bwo gukora akazi kenshi mu kibuga.

Mu isuzuma ryakozwe n’abashinzwe gushakisha abakinnyi muri Arsenal, Esposito agaragara nk’umukinnyi wujuje neza ibisabwa.

Uburyo akina imipira yo mu kirere, uburyo agumana umupira ndetse n’ubushobozi bwo gufasha bagenzi be mu gusatira biri mu bintu byatumye agaragara nk’umwe mu bakinnyi bafite ahazaza heza ku mugabane w’u Burayi.

Nubwo Manchester United na yo iri mu makipe amwifuza, ubuyobozi bwayo ntiburateganya kwihutira gutanga ubusabe bwayo kuri Inter Milan.

Amakuru agaragaza ko abayobozi b’iyi kipe ikinira ku kibuga cya Old Trafford bamaze gukusanya amakuru menshi kuri Esposito, ariko bakaba bifuza kubanza kureba niba Inter ishobora kugabanya amafaranga isaba.

Manchester United irimo gutekereza ku kugurisha Joshua Zirkzee, ndetse ikaba ishaka undi rutahizamu ushobora gufasha Benjamin Sesko mu busatirizi.

Ariko kugeza ubu, abayobozi bayo bumva nta mpamvu yo kwihutira gutanga amafaranga menshi mu gihe Inter ikomeje gukomera ku mwanzuro wayo.

Mu ruhame, Inter Milan yakomeje kuvuga ko Pio Esposito adakorwaho bisobanura ko badateganya kumugurisha.

Icyakora amakuru ava imbere mu isoko ry’abakinnyi agaragaza ko binyuze ku bahuza b’amakipe, Inter yamaze kugaragaza ko ishobora gutekereza kugurisha uyu mukinnyi ku mafaranga agera kuri miliyoni 73 z’amapawundi.

Iyi ni politiki isanzwe ikoreshwa n’amakipe menshi akomeye yo kugerageza kurinda agaciro k’umukinnyi mbere y’uko ibiganiro nyirizina bitangira.

Nubwo Esposito atigeze ashyira igitutu kuri Inter ngo imugurishe cyangwa agaragaze imyitwarire mibi, amakuru ava hafi ye agaragaza ko yifuza kugerageza amahirwe muri Premier League.

Abegereye uyu mukinnyi bavuga ko gukinira imwe mu makipe akomeye yo mu Bwongereza ari inzozi afite kuva kera.

Iyo yaba Arsenal cyangwa Manchester United. Mu gihe aya makipe yombi  yaba ifashe icyemezo cyo gutanga amafaranga Inter isaba, bishobora gutuma ibiganiro byihuta cyane mbere y’uko isoko rifunga imiryango.

Nyuma yo kubura amahirwe yo gusinyisha Vinicius Junior, Arsenal isa n’iyongereye imbaraga mu gushaka undi mukinnyi ushobora kuzamura urwego rw’ubusatirizi bwayo.

Ku rundi ruhande, Manchester United na yo iracyakurikiranira hafi uko ibintu bihagaze, nubwo kugeza ubu isa n’itegereje ko Inter Milan yoroshya ibyo isaba. Niba nta gihindutse, Pio Esposito ashobora kuba umwe mu bakinnyi bazavugwa cyane ku isoko ry’igura n’igurisha mbere y’uko rifunga.

Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.  

Kanda hano udukurikirane kuri FacebookHano udukurikirane kuri WhatsApp 

Maak 'n opvolg-bydrae

Jou e-posadres sal nie gepubliseer word nie. Verpligte velde word met * aangedui