Ni iki cyatumye rodri atera umugongo Manchester City? Hamenyekanye ikipe ashaka kwerekezamo hagati ya Real Madrid na FC Barcelona

Isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rikomeje kuzana impinduka zikomeye mu makipe akomeye ku mugabane w’u Burayi, aho amakuru mashya agaragaza ko Rodri ashobora kurangiza imyaka irindwi amaze muri Manchester City akagaruka gukinira muri Espagne.

Uyu mukinnyi wo hagati umaze imyaka myinshi ari umwe mu bagize uruhare rukomeye mu ntsinzi za Manchester City, bivugwa ko ari guha amahirwe menshi Barcelona kurusha andi makipe yose amwifuza. Ibi bibaye mu gihe amasezerano ye asigaje umwaka umwe gusa, kandi kugeza ubu nta kimenyetso cyerekana ko impande zombi ziri hafi kuyongera.

Barcelona iri gushaka kongera imbaraga hagati mu kibuga nyuma y’uko Frenkie de Jong agize ikibazo gikomeye cy’imvune y’ivi gishobora gutuma amara igihe kirekire adakina.

Kubura umwe mu bakinnyi b’ingenzi hagati mu kibuga byatumye ubuyobozi bw’iyi kipe bushyira imbere gushaka umukinnyi ufite ubunararibonye ushobora guhita atanga umusaruro.

Rodri agaragara nk’umwe mu bakinnyi bashobora guhita buzuza icyo cyuho kubera ubunararibonye bwe muri Premier League, UEFA Champions League ndetse no mu ikipe y’igihugu ya Espagne.

Mu ntangiriro z’iri soko, Real Madrid yari imwe mu makipe yavugwaga cyane kuri uyu mukinnyi wa Manchester City.

Amakuru agaragaza ko iyi kipe yari yiteguye gutanga miliyoni £43 kugira ngo imwegukane, ariko ibiganiro ntibyigeze bigera ku masezerano.

Icyuho cyatewe no kudindira kw’ibi biganiro cyahise gituma Barcelona yongera imbaraga mu rugamba rwo gusinyisha uyu mukinnyi.

Ikindi gishobora kugira uruhare muri iki cyemezo ni amateka atari meza hagati ya Rodri na Real Madrid kuva yegukana Ballon d’Or mu mwaka wa 2024, ibintu byavuzwe ko byasize umwuka utari mwiza hagati y’impande zombi.

Enzo Maresca uherutse gusimbura Pep Guardiola ku gutoza Manchester City yari yitezweho kubakira ku nkingi ikipe yari isanzwe ifite.

Ariko kuba Rodri ashobora kugenda bishobora guhindura byinshi mu migambi ye yo kubaka ikipe izahatana mu marushanwa yose.

Manchester City yari yaratangiye gutekereza uburyo bushya bwo kumuha amasezerano mashya, ariko amateka y’imvune zagiye zimubuza gukina igihe kinini mu myaka ibiri ishize yatumye ibiganiro bitagenda vuba nk’uko byari byitezwe.

Manchester City yamaze gusinyisha Elliot Anderson muri gahunda yo kongera imbaraga hagati mu kibuga.

Nubwo ari umukinnyi ufite impano ikomeye, asesenguzi b’umupira w’amaguru bavuga ko uburyo Rodri asoma umukino, uburyo ayobora hagati mu kibuga no kurinda ubwugarizi ari ibintu bisaba igihe kugira ngo undi mukinnyi abigereho.

Ni yo mpamvu amakuru akomeza kuvuga ko City ishobora kongera kujya ku isoko mu gihe Rodri yaba yerekeje muri Barcelona.

Mu gihe hategurwa uko hazasimburwa Rodri, Manchester City ikomeje gukurikiranira hafi umukinnyi wo hagati Ayyoub Bouaddi ukinira Lille.

Uyu mukinnyi ukomoka muri Maroc bivugwa ko yifuza gukinira Manchester City, nubwo Lille ikomeje gusaba amafaranga menshi kugira ngo yemere kumurekura.

Ibi bishobora gutuma ibiganiro bifata igihe bitewe n’uko impande zombi zikiri kure ku gaciro k’uyu mukinnyi.

Mu gihe hari impungenge ku hazaza ha bamwe mu bakinnyi ba Manchester City, Jeremy Doku we yahisemo kongera amasezerano azamugeza nibura mu mwaka wa 2031.

Uyu mukinnyi w’u Bubiligi akomeje kuba umwe mu bakinnyi Enzo Maresca azubakiraho uburyo bwe bwo gukina, cyane cyane gukoresha mu busatirizi bwe.

Amakuru agaragaza ko n’abandi bakinnyi nka Phil Foden, Abdukodir Khusanov na Josko Gvardiol bamaze kwerekana ubushake bwo gukomeza urugendo rwabo muri Manchester City, ibintu biha umutoza mushya icyizere cyo gukomeza kubaka ikipe ihatana ku rwego rwo hejuru.

Nubwo hari ibihuha byinshi ku isoko ry’igura n’igurisha, ubuyobozi bwa Manchester City bwizera ko ibikorwa bwakoze byo gusinyisha abakinnyi batandukanye muri uyu mwaka byayihaye urufatiro rukomeye, bityo bukazafata umwanzuro ku bijyanye na Rodri hakurikijwe uko ibiganiro bizagenda.

Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.  

Kanda hano udukurikirane kuri FacebookHano udukurikirane kuri WhatsApp 

Maak 'n opvolg-bydrae

Jou e-posadres sal nie gepubliseer word nie. Verpligte velde word met * aangedui