“Sindi Umunyarwanda wo kugira ibyo njya kubaza Kagame” – Uwigeze guhatanira kuba Perezida wa Repubulika

Umunyapolitiki Seth Kikuni utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye gukarara ku murongo anenga Perezida Félix Tshisekedi, amushinja kuba ari we nyirabayazana w’akajagari n’ibibazo by’umutekano bimaze imyaka myinshi byugarije igihugu, cyane cyane mu burasirazuba bwa RDC.

Mu magambo akomeye yavuze mu kiganiro cya Space cyabereye ku rubuga rwa X, cyateguwe n’umunyamakuru Stanis Bujakera, Kikuni yagaragaje ko atemera uburyo ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje gushinja u Rwanda ibibazo byose byugarije RDC, avuga ko ibisobanuro bikwiye gusabwa Perezida Tshisekedi aho kubaza ibihugu by’amahanga.

Yagize ati: “Ni Tshisekedi wateje aka kavuyo kose. Njye sindi Umunyarwanda ngo njye kugira ibyo mbaza Paul Kagame. Njye ikibazo nshobora kukibaza Félix Tshisekedi gusa. Twageze kuri ibi dute? Agomba kubidusobanurira.”

Aya magambo aje mu gihe muri RDC hakomeje impaka ku mpamvu z’ihungabana ry’umutekano mu Burasirazuba bw’icyo gihugu ndetse no ku buryo bwo kugera ku mahoro arambye nyuma y’imyaka myinshi y’intambara n’imirwano.

Kikuni, wahataniriye kuyobora RDC mu matora ya Perezida yabaye mu 2018 no mu 2023, yavuze ko ikibazo cya AFC/M23 kitagomba kureberwa gusa mu ndorerwamo yo gushinja amahanga, ahubwo ko hakwiye gusuzumwa imyanzuro n’amahitamo yakozwe n’ubuyobozi bwa Tshisekedi kuva yagera ku butegetsi.

Yibukije ko mbere y’uko M23 yongera gufata intwaro, bamwe mu bayigize bari bararekuwe cyangwa bagahabwa imbabazi ku byemezo byafashwe ku butegetsi bwa Tshisekedi.

Ati: “Ni nde wabarekuye binyuze mu iteka rya Perezida? Ese ni Kabila cyangwa ni Tshisekedi? M23 yari icumbikiwe muri Uganda, ni nde wayicumbikiye amezi 14 i Kinshasa? Ese ni Kabila cyangwa ni Tshisekedi?”

Kikuni yavuze ko kuba abahagarariye M23 baramaze igihe kinini i Kinshasa bategereje ibisubizo by’ibiganiro byari byaratangijwe na Leta ubwayo bigaragaza ko ikibazo kidashobora gusobanurwa gusa n’ibirego bishyirwa ku Rwanda.

Yongeye kwibaza impamvu ubutegetsi buriho bushaka ko Abanye-Congo bose bahurira ku murongo umwe wo kwamagana u Rwanda aho gushakira ibisubizo imbere mu gihugu.

Ati: “Ese mu by’ukuri ni iki kwamagana u Rwanda bizahindura ku kibazo kiri mu burasirazuba bw’igihugu?”

Uyu munyapolitiki yavuze ko ikosa rikomeye ryakozwe na Perezida Tshisekedi ari ukwanga gukomeza inzira y’ibiganiro n’abarwanyi ba M23 nyuma y’igihe yari yarabegereye ndetse akabatumira i Kinshasa.

Nk’uko abivuga, kugaruka kw’imirwano n’imbaraga AFC/M23 yagaragaje mu myaka ishize bifitanye isano n’uko ubuyobozi bwa Kinshasa butabashije kubahiriza inzira y’ibiganiro yari yaratangiye.

Kikuni kandi yagarutse ku buryo Tshisekedi yatangiye manda ye ya mbere mu 2019, avuga ko intego nyamukuru yari ugucogoza ijambo rya Joseph Kabila wari umaze imyaka myinshi ayobora igihugu.

Yagize ati: “Tshisekedi yagiranye amasezerano n’abantu bose yabonaga nk’abanzi ba Kabila. Harimo M23 ndetse na Kagame. Yasohoye RDC hafi muri SADC ayijyana muri EAC, kuko kuri we SADC yari iya Kabila.”

Ibi yabivuze ashaka kwerekana ko ubutegetsi bwa Tshisekedi ubwabwo bwigeze gukorana cyangwa kugirana ibiganiro n’abo ubu bushinja guteza umutekano muke.

Kimwe mu bintu byakuruye impaka nyinshi muri icyo kiganiro ni uburyo Kikuni yanze kwita AFC/M23 umutwe w’iterabwoba nk’uko bikorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Yagize ati: “AFC/M23 si umutwe w’iterabwoba. Umutwe w’iterabwoba ntiwigarurira ibice by’igihugu, nturwana n’ingabo za leta imyaka myinshi kandi ngo ujye mu biganiro na Guverinoma. AFC/M23 ni umutwe w’abarwanya ubutegetsi bitwaje intwaro.”

Yasobanuye ko kuvuga uko abona imiterere ya AFC/M23 bidakwiye gufatwa nk’ikimenyetso cy’uko ayishyigikiye cyangwa ayibarizwamo.

Kikuni yavuze ko gusobanura ukuri ku bibera mu gihugu bitandukanye no kwifatanya n’impande zirwana, ahubwo ko ari inshingano za politiki zo kuvuga ibintu uko biri kugira ngo haboneke ibisubizo nyabyo.

Aya magambo aje mu gihe Guverinoma ya RDC ikomeje gutegura ibiganiro bigamije guhuriza hamwe Abanye-Congo kugira ngo baganire ku bibazo by’umutekano, ubukungu n’imibereho y’abaturage. Icyakora, bamwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bagaragaje impungenge ku buryo ibyo biganiro bitegurwa.

Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya, aherutse gutangaza ko abantu badashyigikiye umurongo wa Leta wo kwamagana AFC/M23 cyangwa u Rwanda batazemererwa kugira uruhare muri ibyo biganiro. Ibi byatumye bamwe mu banyapolitiki barimo Seth Kikuni, Moïse Katumbi n’abandi batavuga rumwe n’ubutegetsi banengwa n’abashyigikiye Perezida Tshisekedi.

Kikuni, ubu uri mu ihuriro “Sauvons la RDC” riyobowe na Joseph Kabila, avuga ko ikibazo nyamukuru igihugu gifite atari ugushaka abo kugerekaho amakosa hanze yacyo, ahubwo ko ari ugusesengura imyanzuro yafashwe n’abari ku butegetsi no kwemera ibiganiro birimo impande zose zifitanye isano n’amakimbirane.

Mu gusoza, uyu munyapolitiki yongeye kwibasira Perezida Tshisekedi, amugaragaza nk’umuyobozi wananiwe guhangana n’ibibazo igihugu gifite.

Ati: “Félix Tshisekedi ni Perezida udafite imbaraga, ubaho mu bwoba buhoraho. Ni umuntu urangwa no gukeka buri wese. Tuzamunesha kandi tuzakuraho ubu butegetsi bw’igitugu.”

Aya magambo akomeje kongera ubushyuhe mu mpaka za politiki muri RDC, mu gihe igihugu gikomeje gushakisha inzira zishobora kugarura amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwacyo, aho imirwano n’ibibazo bya politiki bikomeje kuba imwe mu mbogamizi zikomeye zibangamiye ejo hazaza h’abaturage benshi.

Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.  

Kanda hano udukurikirane kuri FacebookHano udukurikirane kuri WhatsApp 

Maak 'n opvolg-bydrae

Jou e-posadres sal nie gepubliseer word nie. Verpligte velde word met * aangedui