Mozambique yafashe icyemezo gikomeye cyo gukomeza gutera inkunga ubutumwa bw’Ingabo z’u Rwanda ziri mu Ntara ya Cabo Delgado, nyuma y’aho Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) utangiye gukoresha inkunga watangaga nk’igikoresho cya politike, ibintu byari byashyize mu gihirahiro ahazaza h’ubu butumwa bumaze imyaka irenga itanu bugamije kurwanya iterabwoba.
Iki cyemezo cyatangajwe nyuma y’ibiganiro byahuje Guverinoma y’u Rwanda n’iya Mozambique, byarangiye Maputo yemeye kwishyura ikiguzi cyose gikenewe kugira ngo ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda bikomeze nta nkomyi.
Mu myaka ishize, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi watangaga inkunga ya miliyoni 20 z’Amayero binyuze mu Kigega cy’u Burayi gishyigikira ibikorwa byo kubungabunga amahoro (EPF). Icyakora, muri uyu mwaka, impaka za politike hagati y’impande zitandukanye zatumye iyo nkunga itongera kwemezwa nk’uko byari bisanzwe.
Ambasaderi wa EU muri Mozambique, Antonino Maggiore, aherutse gutangaza ko uyu muryango ushaka gushyira imbaraga nyinshi mu kongerera ubushobozi Ingabo za Mozambique aho gukomeza gutera inkunga ubutumwa bw’u Rwanda.
Yagize ati: “Kuri ubu turi mu biganiro, kubera ko ubutumwa nk’uko nabivuze bumaze imyaka ine kandi intego ni ukuganira uko bwakongerwa. Ni umwanzuro uzafatwa n’ibihugu binyamuryango uko ari 27.”
Abajijwe niba EU izakomeza gutera inkunga ubutumwa bwa RDF i Cabo Delgado, yasubije ati: “kuri ubu, ni oya.”
Aya magambo yaje nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda igaragaje ko itishimiye uburyo ubufasha bwari bugenewe ibikorwa byo kurwanya iterabwoba bwatangiye guhindurwa intwaro ya politike.
Ku wa 19 Gicurasi 2026, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yari yatangaje ko nyuma yo kubona ko ubusabe bw’u Rwanda bwakiranwaga gushidikanywaho kandi bugahindurwa igikoresho cya politike n’ibihugu bimwe byo muri EU, hafashwe icyemezo cyo kuganira na Mozambique nk’umufatanyabikorwa nyamukuru muri ubu butumwa.
Yagize ati: “Mu 2021, Inzego z’umutekano z’u Rwanda zagiye Cabo Delgado ku butumire bwa Guverinoma ya Mozambique. Mu myaka irenga itanu ishize, ubu butumwa bwagenze neza: amahoro n’ituze byaragarutse, imiryango yasubiye mu ngo zayo, abana basubiye ku mashuri, ibikorwa by’ubucuruzi byongeye gufungura, igisirikare cya Mozambique cyaratojwe kandi biracyakomeje ndetse ibigo by’Abanyamerika n’Abanyaburayi byabashije gusubukura mu ituze ishoramari ryabo rya miliyari 50$ rya gaz.”
Yakomeje agira ati: “muri icyo gihe kandi, inzego z’umutekano z’u Rwanda zahawe ubufasha bw’amafaranga buturutse mu Kigega cy’u Burayi gitera inkunga ibikorwa byo kugarura amahoro (EPF), agize umugabane muto w’ibyo u Rwanda rukoresha byose muri Mozambique ndetse n’ishoramari rya EU i Cabo Delgado.”
Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda rwabonye ko ubutumwa bwo kurinda umutekano bwatangiye kwinjizwamo ibibazo bya politike bidafite aho bihuriye n’umutekano wa Cabo Delgado.
Yagize ati: “Mu buryo bubabaje, twabonye ko ubusabe bugera kuri bubiri bwa Guverinoma y’u Rwanda kuri EU bwakiranywe gushidikanya ndetse bugirwa igikoresho cya politike n’ibihugu bimwe byo muri EU (birimo bibiri byadukolonije), ubufasha bw’ingenzi dutanga ku baturage bagenzi bacu bo muri Mozambique, buhindurwa iturufu yo kunenga u Rwanda, ndetse buteshwa agaciro n’ibihugu bisanzwe byungukira mu buryo bw’ubukungu ku musanzu wacu muri Cabo Delgado.”
Yongeyeho ko nyuma y’ibiganiro byimbitse, Mozambique yemeye gukomeza gutanga inkunga ikenewe kugira ngo ubutumwa bukomeze.
Ati: “Iyi ni yo mpamvu uyu mwaka, u Rwanda rwasubiye ku kintu cy’ibanze, rufata umwanzuro wo kuganira gusa na Guverinoma ya Mozambique, yateye kandi izakomeza gutanga inkunga y’ibanza inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri i Cabo Delgado, muri uyu murongo, ubufatanye hagati ya Guverinoma ebyiri bwagenze neza kandi bizakomeza gutyo, mu gihe akazi k’inzego z’umutekano z’u Rwanda i Cabo Delgado gashimwa n’igihugu cy’abavandimwe cya Mozambique.”
Mbere y’iki cyemezo, u Rwanda rwari rwaraburiye ko rwashoboraga gukura ingabo zarwo muri Mozambique mu gihe inkunga yo gukomeza ubutumwa itaboneka.
Minisitiri Nduhungirehe yari yaragize ati: “Rero twibukije ko Ingabo z’u Rwanda mu gukora ako kazi zikorera igihugu cya Mozambique, abaturage ba Mozambique ndetse n’umuryango mpuzamahanmga muri rusange kuko ufite na za sosiyete zikora ishoramari hariya, zidashobora gukora ako kazi zinengwa buri kanya, zifatirwa ibihano zihozwa ku nkeke.”
Mozambique nayo yemeje ku mugaragaro ko izakomeza gushyigikira ubu butumwa kuko bubafitiye akamaro gakomeye mu rugamba rwo guhangana n’iterabwoba no kongerera ubushobozi igisirikare cyayo.
Umuvugizi wa Guverinoma ya Mozambique, Inocêncio Impissa, yavuze ati: “Ntabwo nzi igiciro cyangwa igihe bazamara inaha ariko amasezerano azanozwa neza mu gihe kizaza, gusa kugira izi ngabo bifasha igihugu gukomeza kwiyubaka no kubaka ubushobozi.”
Yakomeje agira ati: “Ibi biduha umwanya wo gushyira ku murongo ingabo zacu binyuze mu kuzongerera ubushobozi, ibikoresho, ikoranabuhanga mu gihe kandi tugakomeza kubona umusaruro w’ubufasha bwa gishuti bwo kurinda umutekano mu karere.”
Ingabo z’u Rwanda zatangiye ubutumwa bwazo muri Cabo Delgado muri Nyakanga 2021 nyuma y’ubusabe bwa Mozambique bwo kuzifasha guhashya imitwe y’iterabwoba yari yarahungabanyije bikomeye ubuzima bw’abaturage kuva mu 2017. Kugeza ubu, abasirikare n’abapolisi barenga 6.300 bamaze koherezwa muri ubu butumwa.
Imibare n’isesengura ry’impande zitandukanye byerekana ko ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda byagize uruhare rukomeye mu kugarura amahoro n’umutekano mu bice byinshi bya Cabo Delgado. Aho ibikorwa by’iterabwoba byari byarafashe intera ndende, abaturage benshi bongeye gusubira mu byabo, amashuri arongera arafungura, ubucuruzi burasubukurwa ndetse n’ishoramari rinini ry’umushinga wa gaz ryongeye gukora mu mutekano usesuye.
Icyemezo cya Mozambique cyo kwishyura ikiguzi cyose cy’ubu butumwa kirerekana icyizere gikomeye iki gihugu gifitiye uruhare rw’Ingabo z’u Rwanda mu kubungabunga amahoro no kurwanya iterabwoba. Ni icyemezo kandi cyerekana ko ubufatanye hagati y’ibihugu byombi bukomeje gukomera, nubwo hari impinduka mu buryo inkunga mpuzamahanga zitangwa cyangwa zemezwa.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp

