Nyuma yo kurangira kw’Igikombe cy’Isi, amakipe akomeye yo mu Bwongereza yatangiye kongera gushyira imbaraga ku isoko ry’abakinnyi aho Liverpool, Manchester United, Arsenal na Chelsea ziri mu makipe ari kuvugwaho cyane.
Iki gihe cy’impeshyi cyabaye ingenzi cyane ku makipe ashaka kwiyubaka mbere y’uko shampiyona ya Premier League itangira, aho abatoza n’abayobozi b’amakipe bari gushaka kongera imbaraga mu myanya ijegajega mu makipe yabo.
Liverpool iri mu makipe afite gahunda ikomeye yo kuvugurura ikipe yayo nyuma yo kubona umutoza mushya Andoni Iraola, aho uyu mugabo ashaka kongera amaraso mashya muri Anfield.
Liverpool iri mu rugamba rwo gushaka abakinnyi babiri bakiri bato bafite impano ikomeye: Bradley Barcola wa Paris Saint-Germain na Maghnes Akliouche wa AS Monaco.
Amakuru avuga ko Liverpool yamaze kugaragaza ubushake bwo kugera kuri Akliouche, ariko PSG nayo ikomeje kumukurikirana. Ikipe yo mu murwa mukuru w’u Bufaransa ngo ntirarangiza kumvikana n’ikipe ya Monaco kubera ibisabwa ku giciro cy’umukinnyi.
Akliouche amaze igihe agaragaza ko ashobora kuba umwe mu bakinnyi bakomeye muri ruhago y’u Burayi mu myaka iri imbere, kubera ubushobozi bwe bwo gukina ku mpande no guhanga udushya mu busatirizi.
Ku rundi ruhande, Liverpool ni imwe mu makipe ari imbere mu gushaka Bradley Barcola, umukinnyi wa PSG ufatwa nk’umwe mu bafite idasanzwe kandi bakiri bato.
Gusinyisha Barcola byaba ari indi nkuru ikomeye ku isoko, ariko byaba kandi igihombo ku makipe nka Arsenal nayo yagaragaje ko imushaka.
Arsenal kandi iri gukora ibishoboka byose ngo yongere imbaraga hagati mu kibuga, aho Bruno Guimarães wa Newcastle United ari umwe mu bakinnyi iri kwifuza cyane.
Amakuru yatanzwe na Fabrizio Romano avuga ko Arsenal yamaze kumvikana ku masezerano bwite n’umukinnyi w’Umunya-Brazil? (Brazil international), kandi ko uyu mukinnyi ashaka kwerekeza i Emirates Stadium.
Gusa Newcastle United ikomeje gushimangira ko kapiteni wayo atagurishwa. Iyi kipe yo mu majyaruguru y’u Bwongereza ngo ibona Guimarães nk’umwe mu nkingi zayo z’ingenzi kandi ntishaka gusubira mu kibazo cyabaye kuri Alexander Isak yatakaje mu mwaka ushize.
Amakuru avuga ko Arsenal ishobora gutanga miliyoni £70 kugira ngo igerageze kumusinyisha, ariko amakuru ava muri Newcastle avuga ko ayo mafaranga adahagije.
Abakuye amakuru muri Newcastle bagize bati: “Amahirwe ya Arsenal yo kubona Bruno Guimarães kuri miliyoni £70 ntabwo ari ibintu bishoboka.”
Umutoza Mikel Arteta ariko akomeje kumushyira ku rutonde rw’abakinnyi ashaka kuzana kugira ngo yongere imbaraga mu ikipe ye.
Arsenal kandi ifite ikibazo gikomeye mu bwugarizi nyuma y’imvune ya William Saliba. Uyu myugariro ashobora kumara amezi agera kuri atanu adakina nyuma yo kongera kugira ikibazo cy’umugongo ubwo yari kumwe n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa mu Gikombe cy’Isi.
Kubera iyo mpamvu, Arsenal yatangiye kureba abasimbura barimo John Stones wa Manchester City na Ezri Konsa wa Aston Villa.
Aba bakinnyi bombi bafite ubunararibonye muri Premier League kandi Arteta abona ko bashobora gufasha ikipe mu gihe Saliba atazaba ahari.
Arsenal na Manchester City kandi bari mu makipe akomeje gukurikirana Yan Diomande wa RB Leipzig.
Uyu mukinnyi w’imyaka 19 yitwaye neza cyane muri shampiyona y’umwaka ushize aho yatsinze ibitego 13 ndetse agatanga imipira yavuyemo ibitego 10 mu mikino 36.
Liverpool nayo yari yaragerageje kumusinyisha ariko RB Leipzig yanga miliyoni £69 yari yatanzwe.
Nubwo atagaragaje urwego rukomeye mu Gikombe cy’Isi akinira Côte d’Ivoire, amakipe menshi aracyabona ko afite impano idasanzwe.
Manchester United ishaka Manu Koné, Carlos Baleba na Aurélien Tchouaméni
Manchester United nayo iri mu makipe ahugiye cyane ku isoko, cyane cyane mu gushaka umukinnyi ushobora gukina nka nimero gatandatu (No.6).
Iyi kipe iri kureba abakinnyi batandukanye barimo Manu Koné wa AS Roma na Carlos Baleba wa Brighton.
Aba bakinnyi bombi bafatwa nk’abafite imbaraga, ubushobozi bwo kurinda izamu no gufasha ikipe gutangira ubusatirizi.
Byongeye kandi, Real Madrid ishobora kwemera kugurisha Aurélien Tchouaméni, ibintu byatumye Manchester United yongera kumushyira ku rutonde rw’abo yifuza.
Tchouaméni, ukinira ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, amaze igihe avugwaho kwerekeza i Old Trafford kubera ubushobozi bwe bwo kurinda no guhuza umukino.
Umutoza Michael Carrick arashaka umukinnyi wihariye ushobora kurinda izamu no guha abandi bakinnyi
Mu yandi makuru avugwa muri iyi kipe, mu gihe hari ibihuha byavugaga ko Bruno Fernandes ashobora kuva Manchester United, amakuru mashya avuga ko kapiteni w’iyi kipe yemeye kongera amasezerano ye.
Ibi bizatanga ituze muri gahunda nshya y’ikipe ishaka kongera guhatanira ibikombe nyuma y’ibihe bitoroshye yanyuzemo mu myaka ishize.
Fernandes akomeje kuba umwe mu bakinnyi bakomeye b’iyi kipe kubera ubuyobozi bwe ndetse n’ubushobozi bwo gutsi nda no gutanga imipira ivamo ibitego.
Chelsea ikomeje gukoresha amafaranga menshi ku isoko
Chelsea ni yo yatangije kongera umuvuduko ukomeye kuri iri soko nyuma yo kurangiza igurwa rya Morgan Rogers wa Aston Villa.
Iyi kipe ikinira ku kibuga cya Stamford Bridge yakoresheje hafi miliyoni £117 kuri uyu mukinnyi w’Umwongereza, ikaba yarabaye imwe mu mpinduka zikomeye ku isoko ryo muri iyi mpeshyi.
Chelsea kandi iri hafi kurangiza igurwa rya Maxence Lacroix wa Crystal Palace.
Nk’uko amakuru ya The Athletic na Sky Sports abivuga, Lacroix ashobora kugurwa amafaranga agera kuri miliyoni £52.
Uyu myugariro w’u Bufaransa ategerejweho gukora ibizamini by’ubuzima mbere yo gusinya amasezerano y’imyaka itandatu muri Chelsea azageza mu 2032 akinira iyi kipe yambara ubururu.
Ikipe ya Palace yashakaga amafaranga arenze miliyoni £55, amafaranga Tottenham iherutse gutanga kuri Jan Paul van Hecke wa Brighton.
Newcastle yitegura kongera gusinyisha umukinnyi
Nyuma yo kubura Victor Munoz na Johan Manzambi, Newcastle United iri hafi kubona umukinnyi wa kane w’iyi mpeshyi.
Iyi kipe ya Eddie Howe iri hafi gusinyisha Aladji Bamba wa Monaco, umukinnyi w’imyaka 20 wamaze kugera mu Bwongereza kugira ngo arangize ikizamini cy’ubuzima no gushyira umukono ku masezerano.
Iyi gahunda igaragaza ko Newcastle ikomeje kubaka ikipe ishobora guhangana n’amakipe akomeye muri Premier League ndetse no ku rwego rw’u Burayi.
Hasigaye ukwezi ngo Premier League itangire, ariko amakipe menshi aracyakora ibishoboka byose kugira ngo abone abakinnyi bashobora guhindura umusaruro w’umwaka utaha.
Liverpool ishaka kongera imbaraga mu busatirizi, Arsenal ishaka gukemura ibibazo by’ubwugarizi no hagati mu kibuga, Manchester United ishaka umukinnyi ukina kuri No.6, naho Chelsea ikomeje gahunda yayo yo gushora amafaranga menshi mu bakinnyi bafite ejo hazaza.
Ibyumweru biri imbere biritezweho byinshi, kuko amakipe akomeye akomeje guhatanira amazina akomeye ku isoko ry’abakinnyi.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp

