Ikipe ya Chelsea FC yamaze kwemeza ko yasinyishije myugariro w’ibumoso ukomoka muri Espagne, Pep Chavarria, mu masezerano y’imyaka itanu, mu rwego rwo gukomeza kubaka ikipe nshya itozwa na Xabi Alonso, aba umukinnyi wa 10 iyi kipe isinyishije ku isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi ryo muri iyi mpeshyi.
Iyi kipe ikinira kuri Stamford Bridge izishyura miliyoni £18 z’amapawundi kuri uyu mukinnyi w’imyaka 28, aho miliyoni £16.2 zizishyurwa mbere, izindi zikazatangwa hashingiwe ku byangombwa by’imikorere n’izindi nyongera ziri mu masezerano.
Chavarria aje muri Chelsea nyuma yo kuva muri Rayo Vallecano, ndetse akaba yaratoranyijwe na Alonso nk’umwe mu bakinnyi b’ingenzi bashobora gufasha ikipe guhangana mu gihe kirekire.
Chelsea yari ikeneye kongera imbaraga ku ruhande rw’ibumoso nyuma y’uko Marc Cucurella yerekeje muri Real Madrid muri Kamena, mu masezerano yavuzwe ko afite agaciro karenga miliyoni 50 z’amapawundi.
Kugurwa kwa Chavarria rero ni igisubizo ku cyuho cyari cyasigaye, ariko kandi ni igikorwa kigaragaza icyizere Alonso afitiye uyu mukinnyi wamaze imyaka mike gusa mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru muri Espagne.
Rayo Vallecano yari yarashyizeho agaciro ka miliyoni £40 kuri uyu mukinnyi, ariko Chelsea yabashije kumvikana n’iyi kipe ku mafaranga ari munsi cyane y’ayo yasabwaga mbere.
Chavarria ashobora gukina nka myugariro w’ibumoso muri ba myugariro bane, cyangwa agakina nka wing-back ufite inshingano zo kuzamuka no gufasha mu busatirizi mu gihe ikipe ikoresha ba myugariro batanu.
Ubu bushobozi bushobora kuba ingenzi kuri Alonso, usanzwe azwiho gukoresha uburyo busaba ko ba myugariro bo ku mpande bagira uruhare rugaragara mu busatirizi.
Kuba Chavarria afite ubunararibonye bwo gukina mu myanya itandukanye bishobora guha umutoza amahitamo menshi mu gihe cyo guhindura imiterere y’ikipe mu mukino.
Nyuma yo kwemezwa nk’umukinnyi mushya wa Chelsea, Chavarria ntiyahishe ibyishimo bye, avuga ko kwambara umwambaro w’iyi kipe ari ikintu yifuje kuva akiri muto.
Ati: “Izi ni inzozi kuri njye kuko Chelsea ari imwe mu makipe akomeye ku isi.”
Yakomeje agira ati: “Ni amahirwe akomeye, ariko niteguye kandi nzakora cyane kugira ngo mfashe ikipe kugera ku ntsinzi.”
Uyu myugariro kandi yashimiye umuryango we, avuga ko uruhare rwabo rwabaye ingenzi mu rugendo rwe kugeza ku rwego rwo gusinyira ikipe ikomeye yo mu Bwongereza.
Ati: “Hari abantu benshi bamfashije kugera kuri aka kanya kandi ngomba gushimira umuryango wanjye. Buri gihe baranshyigikiye kandi uyu munsi wabayeho kubera bo.”
Chavarria yanagarutse ku ruhare rwa Alonso mu gufata umwanzuro wo kwerekeza i Londres.
Ati: “Ndi hano mbikesha Xabi. Kuri njye, ni umwe mu batoza beza bariho muri iki gihe.”
Kugurwa kwa Chavarria ni imwe mu mpinduka Alonso ari gukorera muri Chelsea kuva yagera i Stamford Bridge.
Chelsea yamaze gukoresha amafaranga menshi ku bakinnyi bashya, aho Morgan Rogers ari umwe mu baguzwe amafaranga menshi, nyuma yo kugurwa ku giciro cya miliyoni £117.
Ikipe kandi yakomeje gushaka impano z’abakinnyi bakiri bato zishobora kuba inkingi zayo mu myaka iri imbere, aho Marco Palestra, Geovany Quenda na Valentin Barco bari mu bakinnyi bashya bagaragaza icyerekezo gishya cy’ikipe.
Ariko izi mpinduka ntabwo zishingiye ku bakinnyi bakiri bato gusa.
Chelsea yanongeyemo abakinnyi bafite ubunararibonye nka Danny Welbeck, Jordan Henderson na Maxence Lacroix, mu buryo butandukanye n’uko ikipe yari imaze imyaka ine ibigenza mu isoko ry’igura n’igurisha.
Nubwo Chavarria aje ku giciro kiri hasi ugereranyije n’amafaranga Chelsea yakiriye kuri Cucurella, ntabwo asinyishijwe kugira ngo yuzuze umubare w’abakinnyi gusa.
Alonso amubonamo umukinnyi ushobora guhita afasha ikipe, cyane cyane kubera ubushobozi bwo gukina mu buryo bubiri no guhindura umuvuduko w’umukino ku ruhande rw’ibumoso.
Kuva ku cyiciro cya kabiri muri Espagne kugeza ku masezerano y’imyaka itanu na Chelsea, urugendo rwa Chavarria rugaragaza izamuka rikomeye mu mwuga we.
Ubu igisubizo nyamukuru ni ukureba niba ashobora gufatirana ayo mahirwe akomeye akayabyaza umusaruro, aho Alonso azaba amwitezeho kugira uruhare mu kongera imbaraga ku ruhande rw’ibumoso no mu rugamba rwa Chelsea rwo guhatanira ibikombe.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp

