Umugabo w’imyaka 29 waguye agacuho ari gusambanya umukecuru w’imyaka 89 yateje uburakari bukomeye mu baturage

Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikomeje kuba ikibazo gihangayikishije hirya no hino ku isi, aho ibikorwa bibi byibasira n’abasaza n’abakecuru bikomeje kugaragara, bigateza impungenge ku mutekano n’uburenganzira bw’abaturage, by’umwihariko abari mu byiciro by’abanyantege nke.

Mu gihugu cya Afurika y’Epfo, haravugwa inkuru iteye agahinda n’uburakari bukomeye, aho umugabo w’imyaka 29 y’amavuko yatawe muri yombi akekwaho gusambanya ku gahato umukecuru w’imyaka 89.

Ibi byabereye mu mudugudu wa Nyavani, hafi ya Malamulele mu Ntara ya Limpopo, mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 26 Mata 2026.

Amakuru atangwa n’inzego za polisi agaragaza ko uwo mugabo yinjiye mu cyumba cy’uwo mukecuru mu gihe yari aryamye, nyuma yo kumusaba amafaranga akamubwira ko ntayo afite.

Nyuma y’icyo gisubizo, ngo yahise amukorera ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ibintu byahungabanyije cyane ubuzima n’agaciro k’uwo mukecuru.

Igitangaje kurushaho ni uko nyuma yo gukora icyo cyaha, uwo mugabo bivugwa ko yahise asinzira aho mu nzu y’uwo mukecuru, ibintu byahaye uwo mubyeyi amahirwe yo gutabaza abaturanyi. Abo baturage bahise bahagera vuba, basanga uwo mugabo aho, maze bahita batabara uwo mukecuru.

Gusa, uburakari bw’abaturage bwahise buzamuka, batangira kwihanira uwo mugabo bamukubita bikomeye bamuziza ibyo akekwaho.

Ibi byatumye ajyanwa kwa muganga arembye, aho ari kuvurirwa ari na ko acungirwa umutekano n’inzego za polisi kugira ngo hatagira abamugirira nabi.

Umuvugizi wa polisi muri iyo ntara, Hlulani Mashaba, yemeje aya makuru, agaragaza uko ibyabaye byagenze ndetse n’uko uwo mugabo yafashwe agashyikirizwa inzego z’umutekano.

Polisi ivuga ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane neza ibyabaye byose no gukusanya ibimenyetso bihagije.

Umuyobozi wa Polisi ku rwego rw’Intara ya Limpopo, Thembi Hadebe, yashimye ifatwa ry’uwo mugabo, ariko anihanangiriza abaturage kwirinda kwihanira, abasaba kureka amategeko agakora akazi kayo.

Yibukije ko nubwo uburakari bushobora kuba bwinshi mu baturage, gukurikiza amategeko ari byo bitanga ubutabera burambye kandi buboneye.

Yavuze ko abaturage bagomba kwirinda ibikorwa byo kwihanira, ahubwo bakizera inzego z’ubutabera, kuko ari zo zifite inshingano zo gukurikirana no guhana abakora ibyaha.

Kuri ubu, biteganyijwe ko ukekwaho iki cyaha azagezwa imbere y’urukiko rwa Malamulele mu minsi ya vuba, aho azaburanishwa ku byaha akurikiranyweho. Ibi bikaba bitegerejweho gutanga ubutabera ku mukecuru wahohotewe ndetse no gutanga isomo rikomeye ku bandi bashobora gutekereza gukora ibikorwa nk’ibi.

Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.  

Kanda hano udukurikirane kuri FacebookHano udukurikirane kuri WhatsApp 

Maak 'n opvolg-bydrae

Jou e-posadres sal nie gepubliseer word nie. Verpligte velde word met * aangedui