RDC yakajije umuvuduko yagiye gusabira u Rwanda ibindi bihano nyuma y’ibyo rwafatiwe na Amerika

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje urugamba rwa dipolomasi rugamije gushaka ko Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) gifatirwa ibihano n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi, nyuma y’uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zimaze gufatira ibihano bamwe mu bayobozi bakuru b’ingabo z’u Rwanda zibashinja kugira uruhare mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Congo.

Mu rwego rwo gukomeza uyu muvuduko wa dipolomasi, kuri uyu wa Gatatu ushize Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru wa RDC, Patrick Muyaya, yagiriye uruzinduko i Buruseli mu Bubiligi, aho yabonanye n’abayobozi bakomeye bo mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), aherekejwe na bamwe mu bashabitsi bamaze igihe bazwiho kunenga no gushinja u Rwanda uruhare mu bibazo byo mu burasirazuba bwa Congo.

Ibiganiro byabereye ku cyicaro cy’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burayi byahuje Patrick Muyaya na Hilde Vautmans, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ihuriweho n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi na Afurika.

Aba bayobozi baganiriye ku bibazo by’umutekano muke umaze imyaka mu burasirazuba bwa Congo, inzira y’amahoro ndetse n’ibibazo by’uburenganzira bwa muntu bikomeje kuvugwa muri ako karere.

Nyuma y’ibi biganiro, Patrick Muyaya yifashishije urubuga rwa X asaba Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi gukurikiza icyemezo cya Amerika ugafatira ibihano RDF ndetse n’abafatanyabikorwa bayo.

Yagize ati: “Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ugomba gutera ikirenge mu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na wo ugafatira ibihano Igisirikare cy’u Rwanda n’abafatanya na cyo mu byaha bikomeje gukorerwa abaturage bacu.”

Uyu muyobozi wa Congo ntiyagarukiye aho gusa, ahubwo yanashimangiye ko EU ikwiye kugira uruhare rukomeye mu gushyigikira ubutabera ku byaha bivugwa mu burasirazuba bwa Congo ndetse no gukaza igenzura ku bucuruzi bw’amabuye y’agaciro akurwa muri ako karere mu buryo budakurikije amategeko.

Muyaya yavuze kandi ko hakwiye gukorwa iperereza ku masosiyete yo mu Burayi akekwaho kugura ayo mabuye mu nzira zitemewe, ibintu RDC imaze igihe ivuga ko biri mu bikomeje gutiza umurindi umutwe wa M23 ndetse n’umutekano muke mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Ibi byose bibaye nyuma y’uko ku wa 2 Werurwe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifatiye ibihano bamwe mu bayobozi bakomeye ba RDF.

Mu bafatiwe ibihano harimo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi, Umuyobozi wa Diviziyo ya Gatanu, Maj. Gen Ruki Karusisi, ndetse na Brig. Gen Gashugi Stanislas uyobora ingabo zidasanzwe.

Amerika yavuze ko aba bayobozi n’igisirikare cy’u Rwanda bashinjwa “gutera inkunga, guhugura ndetse no kurwana ifatanyije n’umutwe witwaje intwaro wa M23”, umaze igihe urwana n’ingabo za FARDC mu burasirazuba bwa Congo.

Icyakora Guverinoma y’u Rwanda yahakanye ibyo birego, ivuga ko ibihano byafashwe na Amerika bigamije kwibasira uruhande rumwe mu biganiro by’amahoro, ibintu Kigali ivuga ko bishobora kurushaho gukomeza ikibazo aho kugikemura.

Mu itangazo ryasohowe n’u Rwanda risubiza kuri ibyo bihano, Guverinoma yagize iti: “Kuba ibihano byafashwe byibasira uruhande rumwe mu ziri mu nzira y’amahoro mu buryo budakwiye, bigoreka ukuri ndetse bikagaragaza mu buryo butari bwo imiterere nyayo y’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

U Rwanda rumaze igihe rushinja RDC gukorana n’umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse n’indi mitwe yitwaje intwaro irwanya Kigali, ibintu rwemeza ko bibangamira umutekano warwo.

Mu gihe Kinshasa ikomeje gusaba amahanga gukaza igitutu kuri Kigali, bamwe mu bakurikiranira hafi politiki mpuzamahanga bavuga ko ibihugu byo mu Burayi bishobora kuzitondera gufata umwanzuro ukomeye nk’uwa Amerika, kubera inyungu zitandukanye bifitanye n’ibihugu byombi ndetse n’ubwoba bwo gukomeza kuzambya ikibazo cy’umutekano muke mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Icyakora urugendo rwa Patrick Muyaya i Buruseli rugaragaza ko RDC ikomeje gushyira imbaraga mu rugamba rwa dipolomasi no gushaka ko ibihugu bikomeye ku Isi bishyira igitutu kinini ku Rwanda, mu gihe ibiganiro byo gushaka amahoro hagati y’impande zombi bikomeje kugorana.

Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.  

Kanda hano udukurikirane kuri FacebookHano udukurikirane kuri WhatsApp 

Maak 'n opvolg-bydrae

Jou e-posadres sal nie gepubliseer word nie. Verpligte velde word met * aangedui