CNDD-FDD yemeje Ndayishimiye nk’umukandida wayo mu matora ya 2027, ahita atanga ubutumwa bukomeye.

Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD, ryemeje ku mugaragaro Perezida Evariste Ndayishimiye nk’umukandida uzarihagararira mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu 2027, mu cyemezo cyafatiwe mu nama idasanzwe y’iri shyaka yabaye ku wa 26 Mata 2026.

Iyi nama yabaye nyuma y’ibiganiro byabanje guhuza abayobozi bakuru b’ishyaka, birimo inama ya Komite Nkuru yateraniye mu Ntara ya Gitega ku wa 24 na 25 Mata 2026, aho harebwaga ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yari yarafatiwe mu nama yabereye i Ngozi ku wa 22 na 23 Mata 2024.

Ubutumwa bwashyizwe ku rukuta rwa X rw’ishyaka CNDD-FDD bwemeje ku mugaragaro ko Perezida Ndayishimiye ari we uzarihagararira mu matora ya 2027, icyemezo cyashimangiwe n’abagize inama nkuru idasanzwe bemeza ko akwiye gukomeza uwo murongo w’ubuyobozi.

Mu bari bari guhabwa amahirwe yo gutorwa harimo Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka, Reverien Ndikuriyo, n’ubwo amakuru yavugaga ko hagati yabo hari ibitekerezo bitandukanye ku bijyanye na gahunda zimwe na zimwe z’ishyaka n’uburyo zishyirwa mu bikorwa.

Mu ijambo rye ryo kwakira icyemezo cy’abarwanashyaka, Perezida Ndayishimiye yashimiye icyizere yagiriwe, anizeza gukomeza inshingano ze mu buryo bwagutse.

Yagize ati: “Nshimiye Abagumyabanga banyizeye mu nama nkuru idasanzwe, bakanyemeza nk’umukandida wa CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2027. Ubwo twakoze mugashima, mbemereye gukomeza izi nshingano, turi kumwe twese, kugira umurundi wese atunge kandi atunganirwe.”

Ibi byemezo bije mu gihe ishyaka CNDD-FDD rikomeje gushimangira ko gahunda zaryo zigamije iterambere ry’abaturage no gukomeza umutekano n’ubumwe bw’igihugu, bikaba ari byo byagarutsweho mu ijambo ry’ikaze ry’Umunyamabanga Mukuru waryo, Reverien Ndikuriyo, wavuze ko iyi nama ije ikurikira imyaka ibiri y’isuzuma ry’ibyemezo byari byarafatiwe i Ngozi, hagamijwe kureba aho ishyirwa mu bikorwa ryabyo rigeze.

Ati: “Iyi nama “ije inyuma y’imyaka ibiri harimo gushyirwa mu bikorwa ingingo nyamukuru zafashwe n’Inama ya Komite Nkuru yabereye i Ngozi, ku wa 22 na 23 Mata 2024.”

Ndayishimiye, wageze ku butegetsi mu 2020 nyuma yo gutsinda amatora, aramutse atorewe kuyobora u Burundi mu 2027, yaba agiye gutangira manda ya kabiri atorewe n’abaturage.

Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.  

Kanda hano udukurikirane kuri FacebookHano udukurikirane kuri WhatsApp 

Maak 'n opvolg-bydrae

Jou e-posadres sal nie gepubliseer word nie. Verpligte velde word met * aangedui