Umutekano wongeye kuzamba bikomeye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’uruhererekane rw’ibitero bya drones n’ibisasu byagabwe mu bice bitandukanye birimo Rumangabo, Rubaya, Kalehe na Minembwe, ibintu byakajije ubwoba mu baturage ndetse bikongera impungenge ku ihangana rikomeje gufata indi ntera hagati y’ingabo za Leta n’ihuriro AFC/M23.
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Gicurasi 2026 saa 07:35, ibice byinshi byo muri Rumangabo byakangutse byumva urusaku rukomeye rw’iturika ry’ibisasu byarashwe n’indege zitagira abapilote zo mu bwoko bwa CH-4.
Nk’uko byatangajwe na AFC/M23 mu itangazo ryayo ku rugamba, ibyo bisasu byagabwe ku gace gatuwe cyane ndetse no ku nkambi y’abarinda Parike y’Igihugu ya Virunga, imwe muri parike zizwi cyane ku rwego rw’Isi kandi ziri ku rutonde rw’umurage wa UNESCO.
Iri tangazo rivuga ko icyo gitero “cy’ubunyamaswa” cyahitanye abantu, kigateza ubwoba bukomeye mu baturage ndetse kigasenya amazu n’indi mitungo y’abasivili.
AFC/M23 yagize iti: “Iki gitero cy’ubunyamaswa cyahitanye ubuzima bw’abantu, kibiba iterabwoba mu baturage b’abasivili, kandi cyangiza ibintu byinshi ku mazu n’imitungo y’inzirakarengane.”
Amakuru aturuka mu baturage bo muri Rumangabo avuga ko bamwe bahise bahunga nyuma yo kubona ibisasu biturika hafi y’ahantu hatuwe cyane ndetse no mu nkengero z’icyicaro gikuru cya Virunga National Park.
Hari amakuru kandi yatangajwe n’isoko ryo muri Institut Congolais pour la Conservation de la Nature ryabwiye Kivu Morning Post ko ibyangiritse ari byinshi, nubwo kugeza ubu umubare nyawo w’abapfuye cyangwa abakomeretse utaramenyekana.
Kugeza ubu kandi, ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntiburagira icyo butangaza kuri ibyo bitero cyangwa ku byo bushinjwa na AFC/M23.
Ibi bitero bibaye nyuma y’amasaha make gusa drone y’intambara ya CH4 irashwe no muri Rubaya mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru saa 00:15, igahitana abasivili benshi ndetse igasenya ibikorwa bitandukanye birimo inzu y’abashyitsi.
AFC/M23 yari yavuze ko icyo gitero cyari “ubwicanyi buteye ubwoba bwateguwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa bwibasiye abaturage b’inzirakarengane.”
Rubaya, igenzurwa na AFC/M23 kuva muri Gicurasi 2024, ni imwe muri santere zikungahaye ku mabuye y’agaciro ya coltan kandi imaze igihe ihanganiweho bikomeye hagati y’impande zombi.
Mbere y’ibi bitero bya drones, imirwano ikomeye yari imaze iminsi ibera hafi ya Rubaya mu duce twa Kinigi, Chugi, Kawere na Kavuta, aho ingabo za FARDC na Wazalendo zageragezaga kwegera iyi santere ifite akamaro kanini mu rwego rw’ubukungu.
Tariki ya 21 Gicurasi 2026, Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yari yatangaje ko “ingabo za RDC n’imitwe ya Wazalendo byakajije ibitero” mu bice bya segiteri Katoyi muri Teritwari ya Masisi.
Kanyuka yavuze kandi ko tariki ya 19 Gicurasi habaye ibindi bitero muri Mitimingi n’uduce bihana imbibi na ho muri Masisi.
Ntabwo ibikorwa bya gisirikare byagarukiye muri Kivu y’Amajyaruguru gusa. AFC/M23 ivuga ko kuva ku wa Gatandatu tariki ya 23 Gicurasi 2026 saa 23h00 kugeza kuri iki Cyumweru saa yine za mu gitondo, indege zitagira abapilote za kamikaze na KT-6 zakomeje kugaba ibitero mu duce twa Kalingi, Bidegu, Gakenke, Rugezi, Kalonge na Mikenke muri Minembwe.
Abaturage bo muri ibyo bice bavuga ko bamaze amasaha menshi bihishe cyangwa bahunga kubera ubwoba bw’ibisasu byagwaga mu bice bituwe.
AFC/M23 ivuga ko ibyo bitero byashyize abasivili “mu bihe biteye ubwoba no kwiheba.”
No muri Teritwari ya Kalehe ho muri Kivu y’Epfo, iri huriro rivuga ko kuri iki Cyumweru saa cyenda z’urukerera, ingabo za Leta zagabye ibitero ku duce dutuwe cyane twa Cyangungu no mu nkengero zako, ibintu byatumye abaturage benshi bata ingo zabo.
Amakuru ava muri ibyo bice avuga ko hari abaturage bakomeje guhunga bafite impungenge ko imirwano ishobora gukomeza kwaguka no kugera mu tundi duce byari bisanzwe bitarageramo.
Abasesenguzi bavuga ko gukoresha drones z’intambara n’indege za kamikaze mu bice bituwe cyane bishobora gukomeza kongera umubare w’abasivili bahitanwa n’iyi ntambara imaze imyaka myinshi mu burasirazuba bwa Congo.
Mu gihe impande zihanganye zikomeje gushinjanya kugaba ibitero ku baturage, ubuzima bw’abasivili bukomeje kuzamba, aho benshi bamaze gutakaza amazu, ibikorwa by’ubucuruzi, imyaka ndetse n’amatungo.
Ibikorwa by’ubuhinzi, ubucuruzi n’ubwikorezi na byo bikomeje guhagarara mu duce twinshi kubera umutekano muke, ibintu bishobora guteza ikibazo gikomeye cy’ubukungu n’inzara mu baturage.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp





