Ibyishimo byuzuye mu murwa mukuru Kinshasa byahindutse urubuga rwa politiki, ubwo Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yakiraga ikipe y’igihugu, Les Léopards, nyuma yo kubona itike yo kwitabira Igikombe cy’Isi cya 2026.
Ibi birori bitari iby’umupira gusa, byahindutse n’umwanya wo gutanga ubutumwa bukomeye ku bibazo by’umutekano muke bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Mu rwego rwo gushimira abakinnyi ku ntsinzi bagejeje ku gihugu, Perezida Tshisekedi yabahaye impano ziremereye zirimo inzu n’imodoka nshya zo mu bwoko bwa 4×4, ashimangira ko ibyo bagezeho byagaruye ishema igihugu cyari kimaze imyaka irenga 50 kititabira iri rushanwa rikomeye ku isi.
Iyi ntsinzi yabonetse nyuma yo gutsinda Jamaica igitego 1-0, bituma Congo igaruka ku ikarita y’umupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga, aho yaherukaga mu 1974.
Mu ijambo rye, Tshisekedi yashimye cyane umutoza Sébastien Désabre ndetse na kapiteni Chancel Mbemba, agaragaza ko ubuyobozi bwiza n’imbaraga z’abakinnyi byagize uruhare rukomeye mu kugera kuri iyi ntsinzi.
Yabibukije ko bafite ubushobozi bwo guhangana n’amakipe akomeye ku isi, cyane cyane Portugal bazahura ku mukino wa mbere.
Icyakora, inyuma y’ibyishimo by’umupira w’amaguru, hari ubutumwa bwa politiki bwari bukomeye kurushaho. Perezida Tshisekedi yavuze ko nubwo abaturage bo mu burasirazuba bw’igihugu bakomeje kubaho mu bihe bigoye, iyi ntsinzi yabahaye icyizere.
Yagize ati: “Birashoboka ko hari ibyishimo muri kiriya gice kiri mu maboko y’umwanzi, ariko tuzacyisubiza vuba cyane.”
Yakomoje ku bice byinshi byo mu burasirazuba birimo Goma, Bukavu, Masisi, Sake na Bunagana, bimaze igihe bigenzurwa n’umutwe wa AFC/M23.
Kwusunga intsinzi y’ikipe y’igihugu nk’intwaro yo kongera icyizere mu gihugu kiri mu bibazo si ubwa mbere bibaye, ariko muri iki gihe byafashe indi ntera.
Ubuyobozi bwa Congo buri kugaragaza ko bushaka guhuza imbaraga z’abaturage bose, burimo n’urubyiruko n’abakinnyi, mu rugamba rwo gusubiza igihugu ku murongo no kugarura ubusugire bwacyo.
Ku rundi ruhande, abasesenguzi bagaragaza ko iri sezerano rya Tshisekedi rishobora gusobanura indi ntera mu bikorwa bya gisirikare mu burasirazuba, aho intambara imaze imyaka itari mike igira ingaruka zikomeye ku baturage.
Guhuza siporo na politiki bishobora gufasha mu kongera morale y’igihugu, ariko nanone bikaba byashyira igitutu ku buyobozi mu gihe ibyo byasezeranyijwe bitagerwaho.
Ikipe ya Les Léopards izitabira Igikombe cy’Isi iri mu itsinda rikomeye, aho izahura na Uzbekistan na Colombia, usibye Portugal bazatangira bahura na yo. Imikino izabera muri Mexico, Canada na Amerika.
Mu gihe amaso y’abakunzi b’umupira w’amaguru azaba ahanze amaso aya marushanwa, abaturage ba Congo bo bazaba banategereje kureba niba amagambo ya Perezida azahinduka ibikorwa, maze ibice byabo bikongera kugaruka mu maboko ya Leta.
Intsinzi mu kibuga ishobora kuba intangiriro y’icyizere kuri FARDC, ariko urugamba rwo kugarura amahoro no gusubiza igihugu ku murongo rwo ruracyari rurerure.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp

