Umukinnyi wo hagati w’Umunya-Brazil, Casemiro, wamamaye cyane muri Real Madrid ndetse nyuma akaza kwinjira mu ikipe ya Manchester United, yamaze kwemeranya n’iyi kipe ku masezerano ye.
Aya masezerano ajyanye n’ingingo yari iri mu masezerano ye, aho byari biteganyijwe ko igihe yakina imikino 35 ya Premier League muri uyu mwaka w’imikino, amasezerano ye yahita yongerwa undi mwaka.
Mu kwezi kwa Mutarama uyu mwaka, Casemiro n’ubuyobozi bwa Manchester United bumvikanye ko iyo ngingo ikurwaho burundu.
Ibi byatumye Michael Carrick, umutoza mushya wahawe inshingano muri Mutarama, abona amahirwe yo kumukoresha mu mikino yose isigaye nta nkomyi, kuko nta mpungenge zo kuba ikipe yagombaga kumuhagarika kugira ngo atagera kuri uwo mubare.
Casemiro, w’imyaka 34, yari yatangaje ko azava muri United mu mpera z’uyu mwaka w’imikino, kandi ubuyobozi bwamubwiye kare ko amasezerano ye atazongerwa.
Icyo gihe, byari bigoye kumva ko ashobora kugera kuri iyo ntego y’imikino 35, kuko yari amazegusiba umukino wa Aston Villa mu Ukuboza azize guhagarikwa. Ariko kuva Carrick yagera ku ntebe yo gutoza Manchezter United by’agateganyo, Casemiro yabaye umukinnyi ukomeye mu kibuga, akina imikino 14 ikurikiranye muri Premier League.
Abafana benshi bamaze iminsi basaba ko icyemezo cyo kumurekura cyasubirwamo, kubera uburyo yitwaye neza mu kibuga, ariko amakuru ava i Old Trafford yemeza ko nta mpinduka zizabaho: Casemiro azasezera mu mpera z’uyu mwaka w’imikino.
Amakuru yizewe kandi avuga ko uyu mukinnyi ari hafi kurangiza ibiganiro byo kwerekeza mu yindi kipe mu gihe amasezerano ye azaba arangiye mu mpera za Kamena 2026.
Ikipe ya Manchester United yo yamaze gutangira gushaka umusimbura we, mu gihe Casemiro we azahora yibukwa nk’umukinnyi wagize uruhare rukomeye mu gihe gito yakiniye iyi kipe, nubwo urugendo rwe ruri hafi gusozwa.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp

