Mohamed Salah yasezeye kuri Liverpool FC mu buryo bwazamuye imbamutima za benshi

Rutahizamu w’icyamamare ukomoka mu Misiri, Mohamed Salah, yatangaje ku mugaragaro ko azatandukana n’ikipe ya Liverpool F.C. mu mpera z’umwaka w’imikino wa 2025/2026, ashyira akadomo ku rugendo rw’imyaka icyenda yamaze ayikinira.

Ibi Salah yabitangaje ku wa Kabiri tariki ya 24 Werurwe 2026 abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, mu butumwa bwakoze ku mitima ya benshi, by’umwihariko abakunzi ba Liverpool.

Yavuze ko iki ari igice cya mbere cyo gusezera, agaragaza ko byamugoye gufata uwo mwanzuro ariko ko igihe kigeze.

Yagize ati: “Liverpool si ikipe gusa, ni amateka, ni urukundo n’umwuka wihariye. Ntabwo nabasha kubisobanurira umuntu utayibamo. Iyi kipe n’umujyi byabaye igice cy’ubuzima bwanjye.”

Salah yageze muri Liverpool mu 2017 avuye muri AS Roma, mu masezerano yavugwaga ko yari yaguzwe agera kuri miliyoni 37 z’amapawundi. Kuva icyo gihe, yahise yigaragaza nk’umwe mu bakinnyi beza iyi kipe yagize mu mateka yayo, aho kugeza ubu ari uwa gatatu mu batsindiye Liverpool ibitego byinshi.

Mu mikino 435 yayikiniye, yatsinze ibitego 255, anafasha iyi kipe gutwara ibikombe bikomeye birimo UEFA Champions League mu 2019 na Shampiyona y’u Bwongereza mu 2020 na 2025. Yatwaye kandi FA Cup, Carabao Cup ebyiri, UEFA Super Cup, FIFA Club World Cup n’igikombe cya Community Shield.

Mu butumwa bwe, Salah yashimiye cyane abafana ba Liverpool bamubaye hafi mu bihe byiza n’ibigoye, agira ati: “Mwampesheje igihe cyiza kurusha ibindi mu buzima bwanjye. Sinzabibagirwa. Nzahora ndi umwe muri mwe.”

Ku ruhande rw’ikipe ya Liverpool, na yo yemeje aya makuru, ivuga ko izategura uburyo bwo guha icyubahiro Salah mbere y’uko asezera burundu kuri sitade ya Anfield, aho yamamariye cyane.

Nubwo yatangaje ko azagenda, Salah aracyafite imikino isigaye yo gukinira Liverpool muri uyu mwaka w’imikino, harimo iyo mu gikombe cya FA ndetse na Shampiyona y’u Bwongereza, aho azaba ashaka gusiga amateka arushijeho kuba meza mbere yo gusezera.

Hari hashize igihe uyu mukinnyi avugwa mu makipe yo mu Burasirazuba bwo Hagati, by’umwihariko ayo muri Arabie Saoudite, ariko mu bihe byashize yari yaranze kugenda, ahitamo gukomeza urugendo rwemuri Liverpool.

Gusezera kwa Salah bisize icyuho gikomeye muri Liverpool, kuko yari umwe mu nkingi za mwamba zayo. Abasesenguzi benshi bemeza ko izaba ari impinduka zikomeye kuri iyi kipe, ndetse n’inkuru ikomeye mu mupira w’amaguru ku isi muri rusange.

Mu gihe abafana bategereje kumenya aho azakomereza urugendo rwe, ikigaragara ni uko Mohamed Salah azahora yibukwa nk’umwe mu bakinnyi bakoze amateka akomeye muri Liverpool F.C. no ku rwego mpuzamahanga.

Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.  

Kanda hano udukurikirane kuri FacebookHano udukurikirane kuri WhatsApp 

Maak 'n opvolg-bydrae

Jou e-posadres sal nie gepubliseer word nie. Verpligte velde word met * aangedui