Kuri uyu wa 21 Werurwe 2026, habaye igikorwa gikomeye mu iterambere ry’ibikorwaremezo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, aho Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, na Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, batangije ku mugaragaro imirimo yo kwagura umuhanda wa gari ya moshi uzahuza ibihugu byombi, ukazakomereza mu Rwanda n’ibindi bihugu byo mu karere.
Uyu mushinga munini witezweho guhindura uburyo bw’ubwikorezi n’ubucuruzi, uzanyura mu bice bitandukanye bya Kenya birimo Naivasha, Kisumu na Malaba, mbere yo gukomereza muri Uganda no kugera mu Rwanda. Biteganyijwe ko nyuma yo kugera i Kampala, ibikorwa byo kuwukomeza werekeza ku Rwanda bizahita bitangira.
Perezida Museveni yagaragaje icyerekezo cyagutse cy’uyu muhanda, asobanura ko uzafasha guhuza akarere kose, aho uzava i Malaba ugakomereza i Kampala, ugakomeza mu bice bya Kasese na Mpondwe werekeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Yanavuze kandi ko hazubakwa indi mihanda iva Tororo ijya Gulu, igakomereza Nimule kugera i Juba muri Sudani y’Epfo, ndetse n’undi uzava Bihanga ugana i Kigali mu Rwanda.
Ku ruhande rwe, Perezida Ruto yagaragaje ko uyu mushinga uzafasha cyane cyane urubyiruko kubona akazi, ndetse ukihutisha ubucuruzi hagati y’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Yavuze ko uzoroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa, aho urugendo rwamaraga iminsi rishobora kuzajya rukorwa mu masaha make.
Ati: “Uyu muhanda uzahindura ubwikorezi mu karere, uhuze Mombasa, Nairobi, Kampala, ndetse unakomereze mu Rwanda, mu Burundi no muri Sudani y’Epfo.”
Biteganyijwe ko ku ikubitiro, igice cy’uwo muhanda kiri hagati ya Kenya na Uganda kiziyongeraho kilometero 643, kikazatwara asaga miliyari 8,5 z’amadolari ya Amerika.
Uyu mushinga ufatwa nk’intambwe ikomeye mu guhuza ibihugu byo mu karere, guteza imbere ubukungu no koroshya ubwikorezi bwambukiranya imipaka.
Abasesenguzi b’ibijyanye n’ubukungu bavuga ko iyo gahunda niramuka ishyizwe mu bikorwa nk’uko biteganyijwe, izafasha u Rwanda n’ibindi bihugu bidafikora ku nyanja kubona inzira yoroshye yo kugeza ibicuruzwa ku byambu, bityo igabanye ibiciro by’ubwikorezi ndetse inongere ubushobozi bwo guhatanira amasoko mpuzamahanga.
Ni umushinga uje wiyongera ku zindi gahunda zigamije guteza imbere ibikorwaremezo mu karere, aho ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba bikomeje gushimangira ubufatanye mu rwego rwo kwihutisha iterambere rirambye.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp




