AFC/M23 yivuganye umuvugizi wa FDLR mu kwihorera ku rupfu rwa Willy Ngoma, FARDC n’abafatanyabikorwa na bo bagaba ibitero bikomeye cyane

Mu gihe umutekano ukomeje kuzamba mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), amakuru mashya aravuga ko umwe mu bayobozi bakomeye b’umutwe wa FDLR yishwe, mu gihe indi mirwano ikomeye yatangajwe hagati y’ingabo za Leta ya Kinshasa n’ihuriro rya AFC/M23.

Amakuru yatangajwe n’abayobozi ba FDLR agaragaza ko Col. Uwamungu Anselme uzwi ku izina rya Gasali, wari umuvugizi w’ishami rya gisirikare rya FDLR rizwi nka FOCA, yiciwe mu gace ka Kirama mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Aya makuru yemejwe na Cure Ngoma, uvugira FDLR mu bya politiki, wavuze ko uyu musirikare yiciwe muri icyo gitero cyagabwe n’ihuriro rya AFC/M23.

Cure Ngoma yavuze ko iki gitero cyari igikorwa cyo kwihorera ku rupfu rwa Willy Ngoma, wari usanzwe ari umuvugizi w’igisirikare cya AFC/M23.

Urupfu rwa Col. Gasali rufatwa nk’igihombo gikomeye kuri FDLR, kuko yari umwe mu bantu bakomeye mu itumanaho n’itangazamakuru ry’uyu mutwe.

Kirama, aho uyu muyobozi yiciwe, ni agace kari mu mashyamba yo muri teritwari ya Rutshuru, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, kazwi cyane mu makuru ajyanye n’umutekano muke n’imirwano ihoraho hagati y’imitwe yitwaje intwaro.

Mu myaka ishize, Kirama yakunze kuvugwa nk’imwe mu ndiri z’ingenzi z’abarwanyi ba FDLR, bakorera ibikorwa byabo mu mashyamba yegereye Pariki ya Virunga.

Ni agace kandi kavugwaho kuba gahungirwamo n’abo barwanyi iyo batsinzwe mu bindi bice byo muri Kivu y’Amajyaruguru.

Raporo zitandukanye zagaragaje ko mu mwaka wa 2023, uduce twa Kirama, Kazaroho na Rutare twari mu hantu FDLR ikoresha cyane mu bikorwa byayo bya gisirikare.

Mu mezi ashize na bwo hari amakuru yavugaga ku mirwano yabereye mu bice bya Bwito muri Rutshuru, hafi ya Kirama Bambo na Ntango/Bibwe, aho ibirindiro bya FDLR byagabweho ibitero bikomeye.

Mu yandi makuru agezweho, ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye igitero gikomeye mu gace ka Mushaki muri teritwari ya Masisi.

Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ibi bitero byatangiye mu gitondo cyo ku wa 7 Werurwe 2026.

Kanyuka yavuze ko saa 05:15 za mu gitondo, ihuriro ry’ingabo za Leta ya Kinshasa ryarashe ibisasu byinshi ku bice bituwe cyane muri santere ya Mushaki no mu nkengero zaho.

Yagize ati: “Ibi bitero byagabwe buhumyi, hatitawe ku buzima bw’abasivili. Byishe abantu benshi b’inzirakarengane kandi bisenya inzu nyinshi.”

AFC/M23 ivuga ko Mushaki ari agace gafite akamaro kanini mu ntambara iri muri ako karere, kuko kari mu ntera ya kilometero hafi 30 uvuye mu mujyi wa Goma.

Ihuriro rya AFC/M23 ryafashe Mushaki mu ntangiriro z’Ukuboza 2023, rikuyemo ihuriro ry’ingabo za RDC, iz’u Burundi ndetse n’imitwe yitwaje intwaro izwi nka Wazalendo.

Kanyuka yongeyeho ko kuri uwo munsi, ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ryagabye ikindi gitero gikomeye mu gace ka Gakenke muri komini ya Minembwe.

Yavuze ko ibyo bitero byagabwe mu bice bituwe cyane, kandi ko biri mu mugambi ugamije kurimbura Abanyamulenge batuye muri ako karere.

Ibi bitero bikurikiye igitero cya drone cyagabwe ku wa 6 Werurwe 2026 mu gace ka Kibanda Mangobo muri teritwari ya Walungu, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Nk’uko AFC/M23 ibivuga, icyo gitero cya drone cyahitanye abantu umunani, abandi 12 barakomereka.

Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko rizakomeza gushyira mu bikorwa inshingano zaryo zo kurinda abasivili mu bice rigenzura, cyane cyane abavuga ko bakomeje kwibasirwa n’ibitero by’ingabo za Leta n’imitwe bafatanyije.

Uko imirwano ikomeje kwiyongera mu bice bitandukanye bya Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo, abaturage benshi bakomeje guhunga ingo zabo, ibintu bikomeje guteza impungenge ku mutekano n’ubuzima bw’abasivili muri aka karere.

Abasesenguzi bavuga ko uru rugamba rukomeje kwerekana ko ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa RDC kigifite inzira ndende yo gukemuka, cyane cyane kubera ubwinshi bw’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri aka karere.

Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.  

Kanda hano udukurikirane kuri FacebookHano udukurikirane kuri WhatsApp 

Maak 'n opvolg-bydrae

Jou e-posadres sal nie gepubliseer word nie. Verpligte velde word met * aangedui