Intambara iri guhuza Israel-Amerika na Iran, igeze ku munsi wa kane, mu gihe ibisasu n’ibitero bya drones bikomeje kumvikana mu bice bitandukanye byo mu Burasirazuba bwo Hagati.
Ku ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri, Ambasade ya Amerika i Riyadh muri Saudi Arabia yatewe na drones ebyiri bikekwa ko zoherejwe na Iran. Minisiteri y’Ingabo ya Saudi Arabia yatangaje ko habayeho inkongi nto n’ibyangiritse ku nyubako, bituma ambasade ihita ifungwa by’agateganyo. Abaturage b’Abanyamerika basabwe guhita bava muri icyo gihugu no mu bindi bihugu 14 byo mu karere.
Perezida wa Amerika, Donald Trump, yahise atangaza ko igihugu cye kigiye kwihorera “vuba”, nubwo atatangaje uko bizakorwa. Yavuze ko ingabo za Amerika “ziri gutsinda neza” kandi ko zifite intwaro zihagije zo kurwana igihe kirekire.
Minisiteri y’Ingabo ya Amerika yemeje ko abasirikare batandatu bapfiriye mu gitero cya misile cya Iran cyagabwe ku cyicaro cy’agateganyo cy’ingabo ku cyambu cya Kuwait. Abandi 18 bakomerekeye muri iyo mirwano.
Mu gihe Amerika ivuga ko imaze kuroha amato 11 y’intambara ya Iran no kurasa ku ntego zisaga 1,250 imbere mu gihugu cya Iran, Tehran nayo iravuga ko yishe abasirikare 13 bayo mu gitero cyagabwe ku kigo cya gisirikare mu ntara ya Kerman.
Amerika yatangaje ko ibikorwa byayo byiswe “Operation Epic Fury” byibanze ku gusenya ubushobozi bwa Iran bwo kohereza misile na drones. Ibitero byahitanye kandi abayobozi bakomeye 49 barimo na Ayatollah Ali Khamenei nk’uko byatangajwe n’impande zishyigikiye Washington, nubwo Tehran itaremeza ayo makuru.
Ku rundi ruhande, ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko zatangiye ibikorwa byo kwinjira mu majyepfo ya Lebanon, mu rwego rwo gukumira ibitero bya Hezbollah. Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz, yavuze ko abasirikare bemerewe “kwigarurira ibindi bice by’ingenzi” muri Libani.
Ibitero bya Israel byahitanye abantu nibura 52 abandi 154 barakomereka nk’uko Minisiteri y’Ubuzima ya Libani yabitangaje. Hagati aho, Hezbollah ivuga ko yarashe ku birindiro bya gisirikare bya Israel birimo ibigo bya Nafah, Meron na Ramat David.
Umuyobozi Mukuru w’Ingabo za Israel, Eyal Zamir, yavuze ko ibikorwa byo kurwanya Hezbollah bishobora kumara “iminsi myinshi”, mu gihe abasirikare barenga 100,000 bamaze guhamagarwa ku mupaka wa ruguru.
Iran yatangaje ko yafunze inzira ya Hormuz, inzira inyuramo hafi 20% bya peteroli na gaz ku isi. Yanavuze ko amato azagerageza kuyinyuramo azatwikwa.
Ibi byateje ihungabana rikomeye ku masoko mpuzamahanga, aho mu Bwongereza ibiciro bya gaz byazamutse ku kigero cya 93%, bikaba ari urwego rwo hejuru mu myaka itatu ishize.
U Bushinwa bwasabye impande zose kwirinda gukomeza kuzamura umwuka mubi no kubungabunga ituze muri Hormuz, kuko gufunga iyo nzira byahungabanya ubucuruzi bw’isi yose.
Guverinoma y’u Buwongereza yatangaje ko itagize uruhare mu bitero bya mbere bya Amerika na Israel, ariko ko yinjiye mu bikorwa byo kurinda abaturage bayo bari mu kaga.
Darren Jones, umunyamabanga mukuru mu biro bya Minisitiri w’Intebe Keir Starmer, yavuze ko indege za RAF ziri kurasa misile zigana ku ntego z’Abongereza.
Trump yanenze Starmer avuga ko “u Burayi bwamufashije kurusha u Bwongereza”, ashimira cyane u Bufaransa ku bufasha bwabwo.
Ibisasu n’iturika byumvikanye i Tehran no i Beirut, ndetse no muri Dubai, Doha no ku birindiro bya RAF byo muri Cyprus. Icyambu cya Duqm muri Oman nacyo cyagabweho igitero cya drone, ariko nta bantu cyahitanye.
Hagati aho, hari amakuru ko inyubako y’ubuyobozi ku birindiro bya Amerika muri Bahrain yasenywe n’ibitero bya misile, nubwo ayo makuru ataremezwa n’impande zose.
Perezida Trump yavuze ko iyi ntambara ishobora kumara ibyumweru bine cyangwa bitanu. Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, we yatangaje ko “ibikomeye kurushaho bigiye kuza”, agaragaza ko Amerika ishobora kongera ubukana bw’ibitero.
Mu ijoro ryagaragayemo ibisasu n’iturika rikomeye i Riyadh, indege yihariye ya miliyoni 61 z’amapawundi y’icyamamare mu mupira w’amaguru, Cristiano Ronaldo, yavuye muri Saudi Arabia mu masaha ya nijoro.
Ronaldo w’imyaka 41 asanzwe atuye mu murwa mukuru Riyadh hamwe n’umuryango we, aho akinira ikipe ya Al-Nassr. Iyi ndege ye yihariye yahagurutse mu gihe drones ebyiri zari zimaze gutera Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Riyadh, bikaba byarateje impungenge zikomeye ku mutekano w’abatuye muri ako gace. Ntabwo biremezwa niba Ronaldo n’umuryango we bari muri iyo ndege.
Uku guhaguruka kw’indege ye kugaragaza uko abatuye muri ako karere, harimo ibyamamare n’abanyamahanga benshi, batangiye gushaka inzira zo kwirinda no guhunga mu gihe intambara hagati ya Amerika, Israel na Iran ikomeje gukaza umurego.
Ibi byatumye izina rya Ronaldo ryongera kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bibazaga niba icyemezo cyo kuva muri Saudi Arabia ari icy’igihe gito cyo kwirinda cyangwa niba ari ikimenyetso cy’uko umutekano ukomeje kuzamo ibibazo bikomeye.
Mu gihe umwuka ukomeje kuzamuka, ibihugu byinshi birasaba ituze no gushaka inzira y’ibiganiro. Ariko ku rugamba, ibisasu biracyagwa, abaturage bakimurwa, kandi amasoko mpuzamahanga akomeje guhungabana.
Intambara iri mu Burasirazuba bwo Hagati isa n’igiye kugira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’isi no ku mutekano mpuzamahanga, mu gihe impande zose zikomeje kugaragaza ko zititeguye gusubira inyuma.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp

