Mu gihe umutekano ukomeje kuzamba mu Ntara ya Ituri, Urukiko rwa Gisirikare rw’iyi ntara rwatanze icyemezo cyakomeje kuvugisha benshi, nyuma yo gukatira Capt. Buba Ambwa Jean Denis igifungo cy’imyaka 20, azira kwifotora no gufata amashusho ari mu gikorwa cya gisirikare cyo kurwanya inyeshyamba.
Uyu musirikare yari umuyobozi wa batayo w’agateganyo w’ingabo zirwanira mu mazi ku Kiyaga cya Albert, aho yagombaga kuyobora ibikorwa byihariye by’umutekano mu gace karimo imvururu ziterwa n’imitwe yitwaje intwaro.
Urubanza rwasomwe ku wa Gatatu ruvuga ko Capt. Buba yahamwe n’icyaha cyo kutubahiriza amabwiriza ya gisirikare mu gihe cy’intambara, nyuma yo kugaragara afata amafoto n’amashusho ari kumwe n’ingabo yari ayoboye, ayashyira ku mbuga nkoranyambaga.
Amakuru aturuka mu bushinjacyaha agaragaza ko ibi byabye itariki ya 8 Ukwakira 2025, ubwo Capt. Buba yari ayoboye umutwe w’ingabo zari mu bwato bwihuta, zerekeje ku nkombe za Nyambamba mu gace ka Kasenyi, mu gikorwa cyo guhangana n’inyeshyamba z’umutwe wa CRP uyobowe na Thomas Lubanga.
Nk’uko byatangajwe n’urubuga mediacongo.net, Capt. Buba yafashe amashusho n’abantu be akoresheje terefone ye bwite, ayashyira ku mbuga nkoranyambaga mu gihe ibikorwa bya gisirikare byari bikomeje, ibintu ubushinjacyaha bwavuze ko byarenze ku mabwiriza agenga imyitwarire y’ingabo ku rugamba.
Ubushinjacyaha bwasobanuye ko gufata no gusakaza amashusho mu gihe cy’intambara bishobora gushyira mu kaga umutekano w’ingabo, gutanga amakuru ashobora kwifashishwa n’umwanzi, ndetse bikabangamira ubwirinzi bw’igihugu.
Nyuma yo gusuzuma ibimenyetso n’impaka z’impande zombi, Urukiko rwa Gisirikare rwasanze Capt. Buba ahamwa n’icyaha, rumukatira igifungo cy’imyaka 20, rutegeka ko yirukanwa burundu mu ngabo za FARDC. Urukiko rwavuze ko iki gihano kigamije gutanga isomo rikomeye no kuburira abandi basirikare, cyane cyane mu bihe igihugu gihanganye n’umutekano muke.
Icyakora, uruhande rw’ubwunganizi w’uyu musirikare rwatangaje ko rutishimiye iki cyemezo, ruvuga ko rwasabye kujurira, ruvuga ko igihano cyafashwe ari kinini ugereranyije n’ibyaha ashinjwa.
Urubanza rwa Capt. Buba rugaragaye nk’urundi rugero rwerekana uburyo ubuyobozi bwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje gushimangira ihame ryo gukaza discipline mu ngabo, mu gihe igihugu kikomeje guhangana n’imitwe yitwaje intwaro mu bice bitandukanye birimo Ituri na Kivu.
Mu baturage n’abasesenguzi b’umutekano, iki cyemezo gikomeje gutera impaka, bamwe bakibona nk’intambwe iganisha ku gukosora imyitwarire mibi mu ngabo, abandi bakibona nk’igisubizo gikakaye ku myitwarire ishobora gukosorwa binyuze mu bihano byoroheje.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp

