Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 28 Gashyantare 2026, intambara ikomeye cyane yubuye mu burasirazuba bwo hagati, ubwo ibisasu byarashwe mu bice bitandukanye bya Israel, ibirindiro bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Bahrain, Kuwait n’ahandi. Umuryango w’Abibumbye watangije impuguke mu kugenzura ibyabaye. Ibi bikorwa byatewe n’ibitero by’ibisasu by’indege na missile bya Israel hamwe na Amerika kuri Iran.
Mu gihugu cya Israel, hagaragaye ibyuka by’ibisasu byaturikiye mu majyaruguru y’igihugu ubwo ingabo zari mu rugamba rwo kwirinda ibisasu byatewe na Iran. Ingabo z’icyo gihugu zavuze ko zifashishije uburyo bwo kwirinda ibisasu ku buryo bwihuse, ariko nta makuru yahise atangazwa ku mpfu cyangwa ku byangiritse. Ibi byatumye impuruza z’indege zihutirwa atangizwa no mu gihugu cya Jordan.
Perezida wa Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ingabo z’Amerika zatangiye “ibikorwa bikomeye by’intambara” muri Iran, asobanura ko intego ari ukurinda abaturage b’Amerika mu kurwanya ibyago bihutirwa biva ku buyobozi bwa Iran.
Iran yahamije ko isubiza ibitero bya Israel n’Amerika mu buryo bukomeye. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu zizakora ibishoboka byose kugira ngo zirinde igihugu. Igisirikare cya Iran kandi cyasohoye itangazo gisaba abaturage bari hafi y’ibikorwa bya gisirikare kuva muri ibyo bice mu kwirinda ibyago.
Bahrain, igihugu cyakiriye ingabo z’Amerika ziri muri 5th Fleet, cyamaganye ibitero bya Iran. Ambasaderi wacyo muri Amerika, Abdulla Al-Khalifa, yavuze ko ibyo bitero ari “ukwica ubusugire bw’igihugu” kandi ko Bahrain ifite uburenganzira bwo gusubiza ibitero bibangamiye ubutaka bwayo.
Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi nawo watangaje ko intambara iri hagati ya Israel, Amerika na Iran ari ibyago bikomeye ku mutekano w’isi. Umuyobozi w’ububanyi n’amahanga bw’Ubumwe bw’Uburayi, Kaja Kallas, yavuze ko gahunda ya Iran y’intwaro z’ubumara, iza missile zambukiranya imipaka, hamwe no gushyigikira imitwe y’iterabwoba, bishobora guteza akaga ku mutekano mpuzamahanga. Uyu muryango watangaje ko uri gukura abakozi bawo mu karere ndetse ukomeza ibikorwa byo kurinda imipaka y’inyanja n’Ikirere.
Ukraine yagaragaje ko ibikorwa by’ubugome n’akarengane bya Iran ku baturage bayo no ku bindi bihugu byatumye Amerika na Israel bitera Tehran. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Ukraine yavuze ko ihohoterwa rikorerwa abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Iran,mu kubatoteza no kwica abigaragambya, ari ryo ryateje ibi bitero.
Abanyamakuru ba Euronews bari muri Dubai na Doha batangaje ko bumvise ibisasu biturika, basanga imyuka y’umwotsi irimo kuzamuka mu bice by’indege n’aho ingabo za Amerika ziri. Qatar yavuze ko yari yakuye bamwe mu bakozi b’ingabo zayo muri Al Udeid US Air Base ku mpamvu z’umutekano w’abakozi kubera ubukana bw’intambara.
Ibi byose byakurikiwe no guhagarika ingendo z’indege muri Dubai, Abu Dhabi ndetse no mu bindi bihugu by’Abarabu na Israel, nk’uko kompanyi y’indege ya Lufthansa yabitangaje.
Umutekano mu karere ukomeje kuba mubi, ibihugu birimo Israel, Amerika, Iran, Bahrain, Kuwait na Qatar bikaba byafashe ingamba zikomeye zo kwirinda, mu gihe isi yose iri gukurikirana uko ibintu bizagenda mu gihe intambara ishobora gukwira muri aka karere k’ingenzi ku mutekano n’ubukungu bw’isi.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp

