RDC: Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ryamaganye igitero cyagabwe ku cyicaro cyayo i Kinshasa cyari kigamije kwivugana umuyobozi waryo

Mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umwuka wa politiki wongeye gukomera nyuma y’uko ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya ADD Congo ritangaje ko cyagabweho igitero gikomeye ku cyicaro cyaryo giherereye i Kinshasa, kikaba cyakomerekeyemo abantu batatu.

Iri shyaka ryatangaje ko igitero cyabaye ku wa Mbere tariki ya 16 Gashyantare 2026, ubwo bamwe mu bayoboke baryo bari bavuye mu misa yo kwibuka abiswe “intwari za demokarasi” zo mu 1992.

Nk’uko byasobanuwe n’umuyobozi waryo, Prince Epenge, abo bayoboke bagabweho igitero n’abantu bitwaje imihoro n’intwaro gakondo, bagasenya ibikoresho byo ku cyicaro cy’ishyaka.

Prince Epenge yavuze ko icyo gitero cyari kigamije kumwivugana, ashinja itsinda rizwi nka Force du progrès, rifitanye isano n’ishyaka riri ku butegetsi rya Union pour la démocratie et le progrès social (UDPS), kuba ari ryo ryabigizemo uruhare.

Yagize ati: “Bose baraje, barasenya, kandi bari baje kunyica.”

Amakuru avuga ko polisi yahise itabara, igafasha Prince Epenge kuva aho igitero cyabereye mu buryo bwihuse kugira ngo arindwe, mu gihe abakomeretse batatu bahise bajyanwa kwa muganga.

Ishyaka ADD Congo ryatangaje ko riteganya gutanga ikirego mu nkiko guhera ku wa Kabiri tariki ya 17 Gashyantare 2026, risaba ko ababigizemo uruhare bahanwa kandi hakamenyekana ukuri kw’ibyabaye.

Prince Epenge azwi nk’umwe mu banyapolitiki bakorana bya hafi n’urubuga rwa politiki Lamuka ruyobowe na Martin Fayulu, rumaze igihe ruvuga ko demokarasi muri RDC iri mu kaga kubera igitutu gishyirwa ku batavuga rumwe n’ubutegetsi.

Ibi bibaye mu gihe igihugu gikomeje guhura n’umwuka mubi wa politiki, aho amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi akomeza kugaragaza impungenge z’umutekano w’abayoboke bayo n’ubwisanzure bwa politiki.

Amakuru yatangajwe bwa mbere n’umunyamakuru Stanys Bujakera, agaragaza ko iki gitero gishobora kongera gukaza umwuka mubi hagati y’ubutegetsi n’abatavuga rumwe na bwo, mu gihe ADD Congo isaba ubutabera n’uburinzi bw’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi.

Abasesenguzi bavuga ko niba nta iperereza ryimbitse rikozwe, ibi bishobora kongera gukurura impaka ku mikorere ya demokarasi muri RDC, igihugu kimaze imyaka myinshi kirangwa n’amakimbirane ya politiki n’umutekano mucye mu nzego zimwe.

Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.  

Kanda hano udukurikirane kuri FacebookHano udukurikirane kuri WhatsApp 

Maak 'n opvolg-bydrae

Jou e-posadres sal nie gepubliseer word nie. Verpligte velde word met * aangedui