Masisi: AFC/M23 yihoreye ku rupfu rwa Lt. Col. Willy Ngoma, abasirikare bakuru ba FARDC n’abofisiye bo ku rwego rwo hejuru bahasiga ubuzima

Imirwano ikomeje kubera muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, yafashe indi ntera nyuma y’uko amakuru y’urupfu rwa Lt. Col. Willy Ngoma atangiye gukwirakwira. Amakuru ava ku rugamba avuga ko ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryahise ritangiza ibitero bikomeye byo kwihorera, byahitanye abasirikare bakuru ba FARDC barimo n’abofisiye bo ku rwego rwo hejuru.

Nk’uko byatangajwe na Volta Fame, Lt. Col. Willy Ngoma, wari umuvugizi wa gisirikare wa AFC/M23, yishwe n’igitero cya drone cyagabwe ku modoka zari zitwaye intumwa z’uyu mutwe i Rubaya.

Nubwo ubuyobozi bwa AFC/M23 butaremeza ku mugaragaro urupfu rwe, umuvugizi w’uyu mutwe Lawrence Kanyuka yemeje ko hari ibitero bya drones byagabwe n’ingabo za Leta ya Kinshasa ku wa 24 Gashyantare 2026, akavuga ko byishe abasivili.

Yagize ati: “Izi drones z’ingabo zishyize hamwe za leta ya Kinshasa zirimo kurasa buhumyi umujyi wa Rubaya, zica igikuba kandi zica abasivili b’inzirakarengane.

Lt. Col. Willy Ngoma yari umwe mu bayobozi bazwi cyane muri M23 kuva mu 2021, ubwo uyu mutwe wongeye kubura nyuma y’imyaka utagaragara cyane kuva mu 2013. Yamenyekanye kandi mu 2012 ubwo M23 yigaruriraga umujyi wa Goma mbere yo gusubizwa inyuma n’ingabo za Leta zifatanyije n’iz’Umuryango w’Abibumbye.

Ngoma, wazamuwe mu ntera mu 2023 agirwa Lieutenant-Colonel, yanavugaga ko yigeze kuba mu barinzi ba Etienne Tshisekedi, se wa Perezida Félix Tshisekedi. Uruhande rwa Kinshasa rwari rwarakunze kumushinja uruhare rukomeye mu kongera kubura kw’uyu mutwe mu 2021.

Nyuma y’ayo makuru y’urupfu rwe, kuri uyu wa 26 Gashyantare 2026, imirwano ikaze yongeye kubura mu duce twa Kazinga, Luke, Kasenyi na Katobotobo. Amakuru aturuka mu baturage n’abari hafi y’urugamba avuga ko AFC/M23 yagabye ibitero simusiga ku birindiro bya FARDC, bikaviramo bamwe mu basirikare bakuru ba Leta kugwa ku rugamba.

Harimo kuvugwa izina rya General Machano Tabangeshe, wahoze mu mutwe wa Raïa-Mutomboki mbere yo kwinjira mu gisirikare cya FARDC mu 2020. Amakuru ataremezwa ku mugaragaro n’inzego za gisirikare za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo avuga ko yaba ari mu bahitanywe n’iyo mirwano yo kwihorera.

Iyi mirwano yose iri kubera ahantu hafite akamaro kanini mu bukungu, cyane cyane santere ya Rubaya izwiho kugira ibirombe bikungahaye kuri coltan. Uruhare rw’aka gace mu bukungu bw’akarere ni imwe mu mpamvu zituma impande zombi zikomeje kugashoramo imbaraga zidasanzwe.

Ku ruhande rwa Leta, biravugwa ko hakoreshejwe indege zitagira abapilote (drones) mu rwego rwo guhangana n’ibitero bya AFC/M23. AFC/M23 yo ishinja ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi kwiyambaza ibihugu birimo Angola, Malawi, Tanzania, u Burundi na Afurika y’Epfo, ndetse no gukoresha abacanshuro bakomoka mu Burayi no muri Amerika.

AFC/M23 ni ihuriro rya politiki n’igisirikare rivuga ko ryiyemeje guhindura imiyoborere ya RDC, rishinja ubutegetsi bwa Kinshasa kunanirwa gucyemura ibibazo by’umutekano, ivangura n’imiyoborere mibi mu Burasirazuba bw’igihugu.

Uyu mutwe watangiye kumenyekana cyane mu 2012, ugaragaza imbaraga zikomeye mu gufata Goma, ariko uza gutsindwa nyuma. Mu mpera za 2021, wongeye kubura, ufata ibice byinshi muri Kivu y’Amajyaruguru, birimo na Rubaya ifite ibirombe bikungahaye kuri coltan.

Kongera gukaza imirwano muri Masisi na Walikale byatumye abaturage benshi bahunga ingo zabo. Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ikomeje kugaragaza impungenge ku mibereho y’abasivili, by’umwihariko abagore n’abana, bahura n’ingaruka zirimo ubwicanyi, gusahurwa, gufatwa ku ngufu no kubura ibiribwa.

Mu gihe impande zombi zikomeje gutsimbarara ku mirwano, amahanga arahamagarirwa kongera imbaraga mu gushishikariza ibiganiro bya politiki. Abasesenguzi bemeza ko, igihe cyose ikibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa RDC kitacyemuwe binyuze mu biganiro birambye, intambara ishobora gukomeza gufata indi ntera, igakomeza kuzambya ubuzima bw’abaturage basanzwe bamaze imyaka irenga icumi babayeho mu mvururu z’intambara.

Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.  

Kanda hano udukurikirane kuri FacebookHano udukurikirane kuri WhatsApp 

Maak 'n opvolg-bydrae

Jou e-posadres sal nie gepubliseer word nie. Verpligte velde word met * aangedui