Nyuma y’iminsi mike havugwa urujijo ku ibaruwa yavugaga amahirwe yo kwiga Igitaliyani no kubona akazi mu Butaliyani, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burundi yatanze ibisobanuro byemeza ko iyo gahunda ari iy’ukuri.
Iyi minisiteri yemeje ko Kaminuza ya Université Auge de Rome (AUGE University) izatanga amasomo y’Igitaliyani ku buntu ku Barundi bifuza kujya gukora mu Butaliyani. Abifuza ayo mahirwe basabwe kuzuza ifishi yabugenewe bakayohereza kuri email: segreteriastudenti@augeuniversita.it, hanyuma iyo kaminuza ikazabohereza link ibemerera gutangira amasomo.
Ibi bisubizo byatanzwe nyuma y’uko hari hacicikana ibaruwa yari yaranditswe na Ambasaderi w’u Burundi mu Butaliyani, Ernest Ndabashinze, ayigejeje kuri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Edouard Bizimana, igaragaza ubufatanye hagati ya Ambasade n’iyo kaminuza.
Mu minsi ishize, ayo makuru yari yateje impaka ndende. Bamwe mu rubyiruko bari bayishimiye bayifata nk’amahirwe akomeye, mu gihe abandi bagaragazaga amakenga kubera ko nta tangazo ryari ryasohowe ku mugaragaro n’inzego za Leta. Hari n’itangazamakuru ryari ryatangiye kuvuga ko bishobora kuba ari ibinyoma.
Ubu ariko, Minisiteri yemeje ko ayo mahirwe ariho koko, inasaba urubyiruko rwifuza kujya gukora mu Butaliyani kubyitabira mu buryo bwemewe.
Ibi bije mu gihe u Butaliyani bufite ikibazo gikomeye cy’abaturage bageze mu zabukuru. Umubare w’abasaza n’abakecuru uriyongera, mu gihe urubyiruko rugenda rugabanuka. Iyi mibare ituma igihugu kibura abakozi mu nzego zitandukanye.
Guverinoma iyobowe na Minisitiri w’Intebe Giorgia Meloni yatangaje ko hagati ya 2026 na 2028, u Butaliyani buzashaka abakozi b’abanyamahanga bagera ku 500,000, baturutse mu bihugu bitandukanye ku isi.
Ariko kugira ngo umuntu abashe kubona akazi mu Butaliyani, ni ngombwa kuba azi ururimi rw’Igitaliyani. Ni muri urwo rwego amasomo ategurwa na AUGE University afatwa nk’intambwe ya mbere ikomeye ku Barundi bashaka ayo mahirwe.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yatangaje ko imirimo iri gushakirwa abakozi mu Butaliyani irimo: Gusana no kwita ku binyabiziga (vehicle maintenance), Gukora no gutegura ibiribwa birimo n’iby’amasukari (pastry na cooking), Kwita ku bageze mu zabukuru (elderly care) Ububaji, Gucunga ububiko (warehouse management), Ubwubatsi (construction)
Iyi mirimo ni imwe mu ikunze gukenerwa cyane mu bihugu by’u Burayi bifite ikibazo cy’abaturage basaza vuba.
Nubwo Minisiteri yatanze ibisobanuro byemeza ukuri kw’iyi gahunda, hari abavuga ko hakenewe gukomeza gutanga amakuru arambuye ku bijyanye n’ibyangombwa by’inzira (visa), amasezerano y’akazi, uburenganzira bw’umukozi, n’uburyo bwo kurinda abagiye gukora mu mahanga.
Abasesenguzi mu by’abakozi b’abimukira bavuga ko kohereza urubyiruko mu mahanga bisaba gutegurwa neza kugira ngo hirindwe ibibazo byo gushukwa cyangwa guhohoterwa.
Ku rundi ruhande, hari abashimira Minisiteri kuba yarumvise ibibazo by’abaturage igatanga ibisobanuro ku gihe. Bamwe mu bakurikiranye iki kibazo bavuze ko ari byiza ko iyo abaturage babajije, ubuyobozi bubasubiza.
Ku rubyiruko rw’u Burundi, iyi gahunda ishobora kuba amahirwe yo kwagura ubumenyi no kubona akazi mu gihugu gifite ubukungu bukomeye ku rwego rw’u Burayi. Ariko nanone, bisaba kwitonda, kumenya neza ibisabwa, no gukurikiza inzira zemewe n’amategeko.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp


