Kera kabaye intambara ya Amerika-Israel na Iran igiye guhagarara?
Impungenge n’icyizere bivanze mu baturage b’Isi mu gihe ibiganiro bikomeje hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran bigamije guhagarika intambara imaze iminsi ihungabanya umutekano n’ubukungu ku mugabane w’Iburasirazuba bwo Hagati no ku Isi yose.
Ku wa 5 Mata 2026, Perezida wa Amerika, Donald Trump, yatangaje ko hari amahirwe menshi ko ku wa 6 Mata 2026 hashyirwaho amasezerano yo guhagarika imirwano. Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Fox News, aho yemeje ko impande zombi ziri mu biganiro, n’ubwo Iran yakunze kubihakana.
Trump yagaragaje ko n’ubwo ibiganiro biri kugenda neza, Amerika itazihanganira icyatuma ayo masezerano atagerwaho. Yaburiye Iran ko ishobora kwibasirwa n’ibitero bikomeye ku bikorwaremezo byayo birimo inganda z’ingufu n’ibiraro, mu gihe yakomeza kwinangira.
Ibi biganiro bibaye mu gihe ikibazo cy’inzira ya Hormuz gikomeje gukaza umurego. Iyi nzira inyuzwamo hafi 20% by’ibikomoka kuri peteroli ku Isi, ikaba yarafunzwe na Iran mu rwego rwo kwihimura ku bihugu biyishinja gutera umutekano muke mu karere.
Gufungwa kwayo kwatumye ibiciro bya peteroli bizamuka cyane ku masoko mpuzamahanga, bigira ingaruka ku bukungu bw’ibihugu byinshi.
Amakuru agaragaza ko mbere y’iyi ntambara, buri kwezi iyi nzira yanyuzwagamo ubwato bugera ku 3000, ariko ubu umubare waragabanyutse cyane.
Uretse peteroli, iyi nzira inyuzwamo n’ibindi bicuruzwa by’ingenzi birimo ifumbire, ibiribwa n’ibikoresho by’ikoranabuhanga, bigira uruhare rukomeye mu mibereho ya buri munsi y’abaturage ku Isi.
Ku rundi ruhande, iyi ntambara imaze guhitana ubuzima bw’abantu benshi mu bihugu bitandukanye. Muri Iran honyine, habaruwe abantu barenga 2076 bapfuye n’abakomeretse barenga 26,500 kuva yatangira ku wa 28 Gashyantare 2026. Muri Liban, abantu 1,345 bamaze kuhasiga ubuzima, mu gihe muri Iraq hapfuye abantu 109.
Ibindi bihugu byo mu karere nabyo byakomeje kugira ingaruka zikomeye, aho muri Israel hapfuye abantu 24 hakomereka abarenga 6,500, mu gihe muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu hapfuye 12 abandi 190 bagakomereka. Amerika na yo imaze gupfusha abaturage 13 abandi 200 barakomereka.
Nubwo imibare y’abahitanwa n’iyi ntambara ikomeje kwiyongera, amahirwe yo kugera ku masezerano aratanga icyizere ku batuye Isi, cyane cyane mu gihe ubukungu bw’Isi nabwo bukomeje kugerwaho n’ingaruka zikomeye z’iyi mvururu.
Abasesenguzi mpuzamahanga bagaragaza ko ayo masezerano nagerwaho, bishobora kugabanya umwuka mubi uri hagati y’ibihugu bikomeye no kugarura ituze ku masoko mpuzamahanga, cyane cyane ay’ibikomoka kuri peteroli.
Gusa nanone, hari impungenge ko mu gihe ibiganiro byananirana, iyi ntambara ishobora gufata indi ntera ikomeye kurushaho, igakwirakwira mu bindi bihugu byinshi byo mu karere no ku Isi muri rusange.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp

