Urwego rw’ubutabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwatangaje ko umugabo ukomoka muri Ghana witwa Derrick Van Yeboah yahamijwe icyaha cyo kwambura Abanyamerika amafaranga arenga miliyoni 10 z’amadolari ya Amerika, abarirwa muri miliyari zisaga 15 z’amafaranga y’u Rwanda, abinyujije mu bushukanyi bwitwaje urukundo rwo ku mbuga nkoranyambaga.
Uyu musore wari uzwi ku izina rya “Van” yari umwe mu bagize itsinda mpuzamahanga rikora uburiganya rikoresha ikoranabuhanga, aho babeshyaga abantu cyane cyane abakuze ko bakundana na bo binyuze ku mbuga nkoranyambaga n’imbuga zishakirwaho abakunzi.
Nyuma yo kubagusha mu mutego w’urukundo, abo bantu babasabaga amafaranga bababwira ko bayakeneye mu bibazo bitandukanye, nyamara ari uburyo bwo kubambura.
Amakuru yatangajwe n’ubushinjacyaha muri Amerika agaragaza ko iri tsinda rikomoka muri Ghana ryibye Abanyamerika amafaranga arenga miliyoni 100 z’amadolari ya Amerika, angana na miliyari zirenga 145 z’amafaranga y’u Rwanda. Abahohotewe muri ubu buryo benshi boherezaga amafaranga ku bo bibwiraga ko ari abakunzi babo, nyamara ari abantu babashukaga.
Bivugwa ko Derrick Van Yeboah yoherejwe muri New York muri Kanama 2025 kugira ngo aburanishwe ku byaha akurikiranyweho nyuma yo gufatirwa muri Ghana. Uru rubanza rwabaye igice cy’umugambi mugari w’ubufatanye hagati ya Amerika, Ghana n’ibindi bihugu mu kurwanya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga byibasira abaturage ba Amerika.
Mu itangazo ryasohowe n’Ibiro by’Ubushinjacyaha bya Amerika, umushinjacyaha mukuru wa Amerika, Jay Clayton, yavuze ko ibyaha bya Yeboah byibasiraga cyane abantu bafite intege nke bashaka urukundo ku mbuga nkoranyambaga.
Yagize ati: “Derrick Van Yeboah yahamijwe icyaha gikomeye cyo kwambura abagabo bakuze n’abandi bagore akoresheje urukundo rwo ku mbuga nkoranyambaga. Abantu benshi muri New York bashakira abakunzi ku mbuga nkoranyambaga, ariko nta n’umwe ukwiriye gufatiranwa ngo yamburwe amafaranga.”
Yakomeje avuga ko uyu mugabo yinjije mu buryo butemewe amafaranga arenga miliyoni 10 z’amadolari abikuye ku bantu yabeshye ko akundana na bo. Ibi, nk’uko yabivuze, ni isomo rikomeye ku bantu bose bakoresha imbuga nkoranyambaga bashaka urukundo.
Ati: “Yafatiranye abo bantu bafite intege nke maze abambura amafaranga menshi cyane. Ibi biributsa abantu bose ko bagomba kwitondera cyane umuntu bahuye ku mbuga nkoranyambaga. Ntibikwiye kohereza amafaranga ku muntu utazi neza.”
Amategeko ya Amerika ateganya ko icyaha nk’iki gishobora guhanishwa igifungo kigera ku myaka 20. Yeboah yemeye ibyaha aregwa ndetse anemera ko azasubiza amafaranga yambuye ndetse akubahiriza ibindi bihano bishobora kumufatirwa.
Ibi byaha by’urukundo rwo ku mbuga nkoranyambaga, bizwi nka “romance scams”, bikomeje kwiyongera ku isi hose, cyane cyane aho ikoreshwa ry’ikoranabuhanga n’imbuga nkoranyambaga rikomeje kwaguka.
Inzego z’umutekano mu bihugu byinshi zikangurira abaturage kutizera vuba abantu bahuriye kuri internet, cyane cyane ababashuka babasaba amafaranga bavuga ko bari mu rukundo na bo.
Abashinzwe kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga muri Amerika batangaza ko bazakomeza gukorana n’ibindi bihugu kugira ngo hafatwe abantu bose bagira uruhare muri ubu buriganya bwambura abaturage amafaranga binyuze mu kubashuka ku mbuga nkoranyambaga.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp

