Imirwano imaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye gufata indi ntera, aho ikoranabuhanga rigezweho mu bya gisirikare rikomeje kwinjira mu ntambara, rikaba ryiyongera ku bibazo bisanzwe byari bisanzwe bihari.
Amakuru mashya aturuka mu bice bya Minembwe na Mulenge agaragaza ko indege z’intambara n’indege zitagira abapilote (drones) byatangiye kugira uruhare rukomeye mu mirwano ihanganishije impande zitandukanye.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 10 Mata 2026, ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko indege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi Su-25 ikoreshwa n’ingabo za leta ya Kinshasa (FARDC) yagabye ibitero bikomeye mu bice bya Minembwe n’inkengero zaho.
Nk’uko iri huriro ribivuga, ibyo bitero byagabwe nta kurobanura, bikagira ingaruka ku baturage basanzwe, aho byateje impfu, gusenya ibikorwa remezo no gutuma benshi bahunga ingo zabo.
Iri huriro rikomeza rivuga ko ibi bikorwa bibangamira inzira y’amahoro, cyane cyane mu gihe bamwe mu bayobozi baryo bari mu biganiro mpuzamahanga bitegerejwe kubera mu Busuwisi. Rishinja ubutegetsi bwa Kinshasa kutubahiriza ibyo bwiyemeje, no kudaha agaciro ubuzima bw’abaturage.
Mu rundi ruhande, mu bice bya Mulenge, by’umwihariko mu gace ka Mikenke, hagaragaye indi ntera nshya y’iyi ntambara, aho hakoreshejwe drones mu kugaba ibitero ku birindiro by’ingabo za FARDC n’abafatanyabikorwa bazo.
Ayo makuru avuga ko ibyo bitero byabaye mu gitondo cyo kuri uwo munsi, nubwo hataramenyekana neza inkomoko y’izo drones cyangwa ingano y’ibyangiritse.
Iyi mirwano ihanganishije umutwe wa MRDP-Twirwaneho n’ihuriro rigizwe na FARDC, ingabo z’u Burundi, Wazalendo na FDLR, irakomeje kandi irakomeye, aho buri ruhande rushinja urundi guteza umutekano muke n’ibikorwa byibasira abaturage.
Mu minsi ishize, ibice bitandukanye byo muri Minembwe na Mulenge, birimo Lundu, Kalingi na Bidegu, byavuzwemo ibikorwa by’ubwicanyi, gusahura no gutwika, ibintu byatumye abaturage benshi baba impunzi imbere mu gihugu. Mu gace ka Ndondo ho, imirwano yakomeje gufata indi ntera, aho impande zombi zagiye zisimburana mu kugaba ibitero.
Abasesenguzi mu bya gisirikare bagaragaza ko ikoreshwa rya drones n’indege z’intambara riri guhindura imiterere y’iyi ntambara. Bavuga ko iri koranabuhanga rituma ibitero bikorerwa kure, bikagabanya kwegerana kw’ingabo ku rugamba, ariko rikongera ubukana n’ubugari bw’ibitero, cyane cyane ku baturage badafite aho bahuriye n’intambara.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp

