Ihuriro rya politiki n’igisirikare rya Alliance Fleuve Congo / M23 (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko ryongeye kurekura abarwanyi barenga 5.000 bari barafatiwe ku rugamba, barimo abasirikare b’Ingabo za leta (FARDC) hamwe n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo.
Aya makuru yatangajwe kuri iki Cyumweru tariki ya 8 Werurwe 2026 n’umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, aho yasobanuye ko abo barwanyi bashyikirijwe Komite Mpuzamahanga ya Croix Rouge kugira ngo ibafashe gusubizwa mu maboko ya leta i Kinshasa.
Uyu muhango wabereye mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ku wa 2 Werurwe 2026. Abarekuwe ni abasirikare n’abarwanyi bafatiwe mu mirwano yabaye mu bihe bitandukanye hagati y’ihuriro AFC/M23 n’ingabo za leta ya Congo zifatanyije n’imitwe ya Wazalendo.
AFC/M23 yavuze ko iki gikorwa ari intambwe igaragaza ubushake bwo kubahiriza amahame mpuzamahanga agenga imirwano n’ubutabazi, ndetse kikaba kigamije kubaka icyizere hagati y’impande zihanganye no kugabanya umwuka w’intambara mu burasirazuba bwa Congo.
Mu butumwa bwe, Kanyuka yavuze ko nubwo iri huriro rikomeje gufata ingamba ziganisha ku kugabanya imirwano, ubutegetsi bwa Kinshasa bwo bukomeje kwinangira mu bijyanye n’ikorwa ry’ibiganiro no kurekura abantu ryafunze.
Yagize ati: “Nubwo AFC/M23 iri gufata ingamba zifatika zigamije kugabanya umwuka w’intambara, ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kwinangira. Bukomeje kwanga kurekura bagenzi bacu n’abandi bantu bafashwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bamwe bafashwe bitewe gusa n’uko bagaragara.”
Yongeyeho ko ubuyobozi bwa Congo bukomeje kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano, ndetse ko imirwano ikomeje mu bice bitandukanye byo mu burasirazuba bw’igihugu, aho iri huriro rivuga ko abaturage b’abasivile n’imitungo yabo bakomeje guhura n’ingaruka z’iyo ntambara.
AFC/M23 yasabye abahuza mu biganiro by’amahoro ndetse n’abafatanyabikorwa b’akarere n’abo ku rwego mpuzamahanga gukurikirana hafi ibyo ivuga ko ari ukurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano, ishimangira ko amaraso y’Abanye-Congo akomeje kumeneka muri iyi ntambara adakwiye kwirengagizwa.
Iki gikorwa cyo kurekura abarwanyi benshi icyarimwe kije mu gihe intambara hagati ya AFC/M23 n’ingabo za FARDC igikomeje guteza impungenge mu burasirazuba bwa Congo, mu gihe hakomeje gushakishwa inzira za dipolomasi zagarura amahoro arambye muri ako karere.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp

