CAF yahannye yihanukiriye Sénégal na Maroc nyuma y’imvururu zaranze umukino wa nyuma wa CAN 2025

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), ibinyujije muri Komisiyo yayo ishinzwe Imyitwarire, yatangaje ibihano bikomeye byafatiwe Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Sénégal (FSF) n’iry’u Bwami bwa Maroc (FRMF), nyuma y’imvururu zaranze umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2025 wabereye i Rabat ku wa 18 Mutarama 2026.

Ibyo bihano byatangajwe mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane, bikaba byafashwe nyuma y’uko CAF yumvise impande zombi mu nama idasanzwe yabaye ku wa Kabiri, tariki ya 27 Mutarama 2026, igamije gusesengura byimbitse ibyabaye muri uwo mukino waranzwe n’akavuyo kenshi ku kibuga no hanze yacyo.

Ku ruhande rwa Sénégal, CAF yatangaje ko Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Pape Bouna Thiam, yahagaritswe imikino itanu yose y’amarushanwa ategurwa na CAF, azira imyitwarire itari iya gisipo yamuranze muri uwo mukino. Uyu mutoza yashinjwe kuba ari we watangije imvururu, anacibwa ihazabu y’Amadolari ya Amerika ibihumbi 100, angana n’asaga miliyoni 145 z’Amafaranga y’u Rwanda.

Abakinnyi batatu ba Sénégal na bo bagizweho ingaruka n’ibi bihano. Iliman Cheikh Baroy Ndiaye yahagaritswe imikino ibiri ya CAF kubera imyitwarire idakwiye yagaragaje imbere y’umusifuzi, mu gihe Ismaila Sarr we yahagaritswe imikino ibiri ku mpamvu nk’iyo.

Ishyirahamwe rya Ruhago muri Sénégal (FSF) ryaciwe ihazabu iremereye y’Amadolari ibihumbi 300 (asaga miliyoni 435 Frw) kubera imyitwarire idakwiye y’abafana baryo bateje imvururu. Ryaciwe kandi andi madolari ibihumbi 300 kubera imyitwarire y’abakinnyi n’abatoza b’Ikipe y’Igihugu, ndetse n’ibihumbi 15 by’Amadolari kubera umubare munini w’amakarita y’umuhondo (atanu) yatanzwe kuri Sénégal muri uwo mukino.

Ku rundi ruhande, Ishyirahamwe rya Ruhago mu Bwami bwa Maroc (FRMF) na ryo ntiryasigaye. CAF yahagaritse Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Maroc, Achraf Hakimi, imikino ibiri ya CAF, harimo umwe wasubitswe mu gihe cy’umwaka umwe, kubera imyitwarire idakwiye.

Umukinnyi wo hagati mu kibuga Ismaël Saibari yahagaritswe imikino itatu anacibwa ihazabu y’Amadolari ibihumbi 100, mu gihe FRMF yaciwe Amadolari ibihumbi 200 kubera imyitwarire idakwiye y’abana batoragura imipira ku kibuga.

FRMF yaciwe kandi andi madolari ibihumbi 100 kubera imyitwarire y’abakinnyi n’abatoza bagiye mu cyumba cya VAR bashaka kubangamira abasifuzi, ibintu CAF ivuga ko bihabanye n’ingingo ya 82 n’iya 83 z’amategeko ngengamyitwarire yayo. Hiyongereyeho ihazabu y’Amadolari ibihumbi 15 kubera abafana bakoresheje urumuri rutambutsa imirasire (lasers) batunga mu maso y’abakinnyi.

Ku bijyanye n’ibirego byari byatanzwe n’impande zombi zisaba ibihano bikarishye birimo no guhagarika amakipe, CAF yatangaje ko yabyanze byose, ivuga ko nta gihamya ihagije yagaragazaga ko habayeho kurenga ku mategeko ku rwego byasaba ibyo bihano.

CAF yanateye utwatsi icyifuzo cya Maroc cy’uko umukino wa nyuma wasubirwamo, ishimangira ko n’ubwo habaye imvururu, zitagize ingaruka ku byemezo byafashwe mu kibuga no ku musaruro w’umukino.

Iyi myanzuro ya CAF igaragaza ubushake bwayo bwo kurwanya imyitwarire itari iya gisiporo no kubungabunga isura n’indangagaciro z’umupira w’amaguru muri Afurika.

Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.  

Kanda hano udukurikirane kuri FacebookHano udukurikirane kuri WhatsApp 

CAF yafatiye ibihano Sénégal na Maroc nyuma y’imvururu zo ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2025 cyegukanywe na Sénégal itsinze igitego 1-0
Umutoza wa Sénégal, Pape Thiaw, yahagaritswe imikino itanu
Maroc yari yifuje ko umukino wa nyuma wa CAN 2025 wasubirwamo, yabwiwe ko imvururu zabaye ntacyo zahinduye ku mukino

Maak 'n opvolg-bydrae

Jou e-posadres sal nie gepubliseer word nie. Verpligte velde word met * aangedui