Intara ya Balochistan, iri mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Pakistan, yongeye kwisanga mu mwuka mubi w’umutekano muke nyuma y’imirwano ikomeye yahuje ingabo za Leta n’inyeshyamba zo mu mutwe wa Baloch Liberation Army (BLA), igasiga abantu benshi bapfuye barimo abasivili, abasirikare n’inyeshyamba.
Ubuyobozi bw’iyo ntara bwemeje ko ingabo za Pakistan zishe abarwanyi b’inyeshyamba bagera kuri 145 mu mirwano yamaze amasaha agera kuri 40, nyuma y’ibitero byagabwe mu mijyi n’utundi duce dutandukanye twa Balochistan. Ibyo bitero byahitanye abasivili 48, bikomeretsa n’abandi benshi.
Amakuru yatangajwe n’Ikigo Reuters ku wa 1 Gashyantare 2026 agaragaza ko inzego z’ubutasi za Pakistan zari zaramenyesheje Leta hakiri kare ko inyeshyamba za BLA zitegura ibitero binini bigamije guhungabanya umutekano w’iyo ntara. Ibi byatumye inzego z’umutekano zifata ingamba zo kwitegura mbere y’igihe.
Guverineri wa Balochistan, Sarfraz Bugti, yavuze ko icyo gikorwa cyo guhangana n’inyeshyamba cyatangijwe umunsi umwe mbere y’uko ibitero bitangira ku mugaragaro.
Yagize ati: “Twari dufite amakuru yizewe y’uko hari ibitero byategurwaga, bituma dutangira kubirwanya hakiri kare.”
Yakomeje ashimangira ko imirwano yibasiye inyeshyamba aho kwibasira abaturage, anavuga ko ari zo zatangije kurasa ku basivili mu masoko n’ahandi hahurira abantu benshi.
Igisirikare cya Pakistan cyatangaje ko ku wa 31 Mutarama 2026 hishwe abarwanyi 92, abandi bakicwa ku wa 1 Gashyantare, bigatuma umubare wabo wose ugera kuri 145. Icyakora, iyo mirwano ntiyabaye idahitana abasivili n’abasirikare, kuko abantu 31 basivili n’abasirikare 17 ba Leta na bo bayiguyemo.
Minisitiri wungirije ushinzwe Umutekano w’Imbere mu gihugu, Talal Chaudhry, yatangaje ko inyeshyamba zakoresheje amayeri yo kwivanga mu baturage zisanzwe zambaye nk’abasivili.
Ati: “Binjiraga mu masoko, amabanki, amashuri n’ibitaro, bakarasa abaturage basanzwe, ndetse bagakoresha abasivili nk’ingabo zibakingira mu mirwano.”
Umutwe wa Baloch Liberation Army wigambye ibyo bitero, uvuga ko byari bigamije kwibasira inzego z’umutekano. Wanatangaje ko wishe abasirikare ba Leta barenga 80 ndetse ugafata bugwate abandi, ariko ayo makuru ntiyigeze yemezwa n’inzego za Leta ya Pakistan.
Mu mujyi wa Quetta, umurwa mukuru wa Balochistan, hagaragaye ibimenyetso bikomeye by’ingaruka z’imirwano, birimo imodoka zatwitswe hafi ya sitasiyo za polisi, inyubako zarashwe amasasu, ndetse n’imihanda myinshi yafunzwe mu rwego rwo gukumira izindi mvururu.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaganye ibyo bitero byagabwe ku baturage, zitangaza ko zihagaze ku ruhande rwa Pakistan mu rugamba rwo kurwanya uwo mutwe wa Baloch Liberation Army, usanzwe uri ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba ku rwego mpuzamahanga.
Balochistan, nubwo ari intara ifite umutungo kamere kamere mwinshi, imaze imyaka myinshi irangwamo umutekano muke n’ubwumvikane bucye hagati ya Leta n’imitwe yitwaje intwaro ishinja ubutegetsi kuyitwara nabi no kuyima uburenganzira ku mutungo wayo. Ibi bikomeje gutuma iyo ntara iguma kuba indiri y’intambara n’amakimbirane adashira.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp


