Ikipe ya APR BBC yamaze gusinyisha umukinnyi w’umunya-Amerika, Quinn Cook, wakiniye amakipe akomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Amerika (NBA), kugira ngo ayifashe mu mikino ya Basketball Africa League iteganyijwe mu mwaka wa 2026.
Cook w’imyaka 32 ateganyijwe kugera mu Rwanda ku wa 11 Werurwe 2026, aho azahita yifatanya n’abandi bakinnyi ba APR BBC mu myiteguro y’imikino y’ijonjora ry’itsinda rya Kalahari Conference.
Uyu mukinnyi afite ibigwi bikomeye muri NBA kuko yatwaye igikombe cya shampiyona inshuro ebyiri. Icya mbere yagitwaye mu 2018 ari kumwe na Golden State Warriors, mu gihe icya kabiri yagitwaye mu 2020 ari kumwe na Los Angeles Lakers.
Usibye aya makipe, Cook yanakiniye andi arimo Dallas Mavericks, New Orleans Pelicans ndetse na Cleveland Cavaliers. Hanze ya Amerika na ho yanyuze mu makipe akomeye arimo Lokomotiv Kuban yo mu Burusiya, Zhejiang Lions na Fujian Sturgeons zo mu Bushinwa, ndetse ananyura mu makipe yo muri Arabiya Sawudite.
APR BBC izitabira imikino y’ijonjora ry’itsinda rya Kalahari Conference izabera i Pretoria muri Afurika y’Epfo, kuva tariki ya 27 Werurwe kugeza ku ya 5 Mata 2026.
Muri iri tsinda APR BBC izahura n’amakipe atanu arimo Petro de Luanda yo muri Angola, Al Ahly Ly yo muri Libya, Johannesburg Giants, Nairobi City Thunder ndetse na Dar City.
Gahunda y’imikino ya APR BBC iteganyijwe ku buryo bukurikira:
- 27 Werurwe 2026: APR BBC vs Al Ahly Ly (16:00)
- 29 Werurwe 2026: APR BBC vs Petro de Luanda (15:00)
- 1 Mata 2026: APR BBC vs Johannesburg Giants (19:00)
- 3 Mata 2026: APR BBC vs Nairobi City Thunder (16:00)
- 4 Mata 2026: APR BBC vs Dar City (15:00)
Amakipe ane ya mbere muri iri tsinda azahita abona itike yo gukina imikino ya nyuma (Playoffs) izabera i Kigali kuva tariki ya 22 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2026.
Mu rwego rwo kwitegura iri rushanwa rikomeye ku mugabane wa Afurika, APR BBC ntiyagarukiye ku gusinyisha Quinn Cook gusa, ahubwo yongereye n’abandi bakinnyi bafite ubunararibonye mu marushanwa mpuzamahanga.
Mu bakinnyi b’abanyamahanga iyi kipe yasinyishije harimo Mangok Mathiang, umukinnyi ukina hagati ufite uburebure bwa metero 2.08 wanyuze mu ikipe ya Charlotte Hornets ndetse akaba akinira ikipe y’igihugu ya Sudani y’Epfo.
Hari kandi Leonard Craig Randall II, umunya-Amerika ukina inyuma wamenyekanye cyane muri NBA G League mu ikipe ya Long Island Nets, aho yigeze guhabwa igihembo cy’umukinnyi wazamuye urwego kurusha abandi mu 2022.
Ikipe yanongeyemo Teafale Lenard Jr., wari mu bakinnyi bitwaye neza muri BAL 2025 aho yatoranyijwe mu ikipe ya kabiri nziza y’irushanwa ndetse no mu bakinnyi beza mu bwugarizi.
Undi ni Carlton Bragg Jr., umukinnyi ukina imbere wanyuze mu makipe akomeye ya kaminuza nka Kansas na Arizona State ndetse akanyura no muri NBA G League.
APR BBC yanashimangiye ikipe yayo isinyisha abakinnyi b’Abanyarwanda bafite uburambe mu mukino wa basketball.
Muri bo harimo kapiteni w’ikipe y’igihugu Dieudonné Ndizeye, uzwi cyane ku izina rya Gaston, wasinyiye iyi kipe avuye muri Patriots BBC.
Hari kandi Prince Twa, umukinnyi ukiri muto ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda na Amerika, ndetse na Adonis Filer wagumanye na APR BBC nyuma yo kongera amasezerano.
Ubuyobozi bwa APR BBC n’umutoza James Maye Jr. bwatangaje ko intego nyamukuru y’iyi kipe mu mwaka wa 2026 ari kwegukana igikombe cya BAL bwa mbere mu mateka yayo n’ay’u Rwanda.
Ibi bije nyuma y’uko iyi kipe yegukanye umwanya wa gatatu muri BAL 2025, ari na bwo bwa mbere ikipe yo mu Rwanda yari igeze kuri uru rwego.
APR BBC ivuga ko izibanda ku kubaka ikipe ifite ubwugarizi bukomeye, umukino wihuta ndetse n’abakinnyi bashobora guhinduranya imyanya mu kibuga, kugira ngo irusheho gutungura amakipe bahanganye mu rugamba rwo gushaka iki gikombe.
Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
Kanda hano udukurikirane kuri Facebook, Hano udukurikirane kuri WhatsApp

