AFC/M23 Iherutse Kunguka Abakomando 7500 Yasubije RDC Yemeye Guhagarika Imirwano mu Burasirazuba bw’Igihugu

Mu gihe Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko yemeye guhagarika imirwano mu burasirazuba bw’igihugu, ihuriro rya AFC/M23 ryagaragaje ko iri tangazo ridafite ishingiro, rivuga ko ibikorwa bya gisirikare by’ingabo za Leta bikomeje ku rugamba. Ibi bibaye mu gihe iri huriro riherutse kunguka abakomando bashya barenga 7.500, biyongera ku mbaraga zaryo za gisirikare.

Ku wa 13 Gashyantare 2026, Ibiro bya Perezida Félix Tshisekedi byatangaje ko yemeye kubahiriza agahenge kifujwe na Perezida wa Angola, João Lourenço, kagamije gutuma impande zihanganye zihagarika imirwano, zikaguma mu birindiro zirimo, kandi zigatanga umwanya w’ibiganiro by’amahoro.

Iri tangazo ryavuze ko agahenge kazatangira kubahirizwa by’umwihariko kuva tariki ya 18 Gashyantare 2026, rikaba rishingiye ku masezerano y’amahoro yasinyiwe i Doha muri Qatar mu Ukwakira 2025 hagati ya Leta ya Congo n’ihuriro rya AFC/M23.

Ariko nubwo Kinshasa yatangaje ibi, umuyobozi wa AFC/M23, Corneille Nangaa, yahise asubiza ko iri tangazo ari “ukuyobya uburari,” asobanura ko ibitero by’ingabo za Leta ya Congo bikomeje mu bice bitandukanye.

Nangaa yavuze ko nubwo Leta ya RDC ivuga ko yemeye agahenge, amakuru yemejwe n’iri huriro agaragaza ko ibikorwa bya gisirikare bikomeje, birimo ibitero bigabwa mu bice bituwe n’abaturage no gukoresha abacanshuro.

Yagize ati: “Binyuranyije n’itangazo ryo kwemera agahenge, Leta ya Kinshasa yakomeje ibikorwa byo gushoza intambara. Ibitero bigabwa mu bice bituwe cyane, gukoresha abacanshuro no kurasa buhumyi bigira ingaruka ku basivili, bigaragaza amahitamo yayo yo gukomeza intambara.”

Yakomeje asobanura ko ku ruhande rwa AFC/M23, kubahiriza agahenge ari ihame ryubahirizwa hashingiwe ku masezerano ya Doha, ariko ko ibyo Kinshasa itangaza bidahura n’ibikorwa biri ku rugamba.

Ati: “Itangazo rya Kinshasa ryo kwemera ihame ry’agahenge si ikindi, ni uburyo bwo kwiyamamaza gusa no kugerageza kuyobya uburari, hagamijwe kubeshya abaturage n’umuryango mpuzamahanga.”

Ku ruhande rwa AFC/M23 kandi, Umunyamabanga Uhoraho w’iri huriro, Benjamin Mbonimpa, yatangaje ko mu gitondo cyo kuri uwo munsi ingabo za Leta ya Congo zagabye ibindi bitero, agaragaza ko hari impungenge ku iyubahirizwa ry’agahenge.

Mbonimpa yavuze ko iri huriro rikomeje kubahiriza imyanzuro yafatiwe i Doha, ariko ko ritigeze rimenyeshwa ku mugaragaro gahunda nshya y’agahenge yatangajwe na Angola.

Yagize ati: “Ntitwamenyeshejwe ibyatangajwe na Angola, twubahiriza imyanzuro yafatiwe i Doha kandi duhora twubahiriza agahenge, inshuro nyinshi twakitangarije ku giti cyacu.”

Ibi bibaye mu gihe AFC/M23 iherutse kunguka imbaraga nshya za gisirikare, aho ku wa 8 Gashyantare 2026, abakomando bashya 7.532 barangije imyitozo ya gisirikare mu kigo cya Tshanzu, muri Teritwari ya Rutshuru, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Aba bakomando bashya bari bamaze igihe kinini batozwa mu buryo bukomeye, bigishwa gukoresha intwaro zitandukanye, guhangana n’umwanzi, no kurangwa n’imyitwarire ya gisirikare.

Umugaba Mukuru wa ARC/M23, Gen Maj Sultani Makenga, yabwiye aba barwanyi ko bagenzi babo bari ku rugamba bamaze gusenya imbaraga z’ingabo za Leta ya Congo n’abo bafatanyije.

Yagize ati: “Bagenzi banyu bakoze akazi gakomeye cyane ku rugamba. Bakubise umwanzi, basenya imbaraga zose. Yazanye imitwe itandukanye, yazanye Abarundi, azana FDLR, azana abazungu b’abacanshuro baturutse mu bihugu bitandukanye, ariko twarazisenye.”

Makenga yasabye aba barwanyi bashya kujya gufasha bagenzi babo ku rugamba, abasaba kurangwa n’imyitwarire myiza no kudahohotera abaturage.

Ati: “Bagenzi banyu bari ku rugamba barabategereje. Nimugerayo muzabafasha, mugende mubohore abaturage bababaye igihe kirekire, ntimujye kubateza ibibazo.”

Kuva AFC/M23 yafata Umujyi wa Goma mu ntangiriro za 2025, yakomeje kunguka abarwanyi benshi, aho mu mezi yakurikiyeho abarenga 16.000 barangije imyitozo boherezwa ku rugamba.

Uku kwiyongera kw’imbaraga za gisirikare z’iri huriro kuje mu gihe ibiganiro by’amahoro bikomeje kuvugwa, ariko hakaba hari impungenge ko imirwano ishobora gukomeza bitewe n’ukutizerana hagati y’impande zihanganye.

Ku ruhande rwa Leta ya Congo, Perezida Tshisekedi yemeye agahenge ku busabe bwa Angola, igihugu kiyoboye ibiganiro by’amahoro ku rwego rw’akarere, bifashijwemo n’abahuza barimo Faure Gnassingbé na Olusegun Obasanjo.

Icyakora, bamwe mu bayobozi bo mu karere bagaragaje impungenge ku ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge, bavuga ko bisaba ubushake bwa politiki n’ubufatanye bw’impande zose kugira ngo habeho amahoro arambye.

Intambara mu burasirazuba bwa RDC yakomeje kugira ingaruka zikomeye ku baturage, zirimo guhunga ingo, kubura ubuzima, no gusenyuka kw’ibikorwa remezo.

Tubibutse ko mushobora gukomeza kudukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.  

Kanda hano udukurikirane kuri FacebookHano udukurikirane kuri WhatsApp 

Maak 'n opvolg-bydrae

Jou e-posadres sal nie gepubliseer word nie. Verpligte velde word met * aangedui